Impunzi z’Abarundi zabaga muri Kenya zatangiye gutaha

Sangiza iyi nkuru

Imiryango 10 y’impunzi z’Abarundi igizwe n’abantu 48 yamaze gusesekara mu gihugu cyabo kuva muri 2015 ubwo bahungiraga muri Kenya bakaba bakuwe mu nkambi zitandukanye.

Izi ni zo mpunzi za mbere mu zahungiye muri kiriya gihugu zibashije gutahuka zatahuka kuva hhatangira amakimbirane mu Burundi ashingiye ku kuba perezida Nkurunziza yyarashakaga kwiyongeza indi manda ndetse akazano kubishyira mu bikorwa.

Umukozi muri Minisiteri y’Ingabo mu Burundi, Therence Ntahiraja yatangaje kuwa 4 Nyakanga ko izi mpunzi zamaze kugera ku kibuga cy’indege cya Bujumbura zivuye muri Kenya aho zari zimaze imyaka isaga 2 bikaba biteganyijwe ko muri ino minsi hagomba gutahuka izigera ku 180 ziva muri kiriya gihugu.

102381212 burundi kakuma4

BBC dukesha iyi nkuru ivuga ko aba barundi bishimiye gusubira ku butaka bwabo ndetse bakongera kubona imiryango yabo.

Uwitwa Bahati Félicien yagize ati”Nari nahunze muri 2015 igihe havugwa ibya ‘coup d’état’. Njye n’umuryango wanjye twaciye muri Uganda tujya muri Kenya none twahizemo kugaruka kubera ubuzima bugoye twari tubayemo muri kiriya gihugu.”

Bamwe muri bo bemeza ko bahoraga bakubitwa n’abanya Kenya.

Maria Barutwanayo, ni umugore w’abana 5 yagize ati”Ntibadukundira ko tujya kuvoma cangwa gusenya inkwi, batwambuye imyenda yaba iy’abana banjye ndetse n’iyanjye bwite, ubu ni uku tuje, nitunaapfa tuzapfire mu gihugu cyacu.

102381216 burundi kakuma5

Abahungutse ukwo ari 48 bose baturuka mu ntara ya Kirundo muri komine ya Busoni, Bwambarangwe, Bugabira na Kirundo.

Umuryango wita ku mpunzi, HCR uvuga ko impunzi z’Abarundi ziri mu nkambi zitandukanye hirya no hino muri Kenya zirenga gato 1300.

 

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *