Ingona y’ibiro 600 yabonwe mu Majyaruguru ya Australia, nyuma y’imyaka umanani abahigi bayishaka barayibuze.
Mu mwaka wa 2010, nibwo iyi ngona yabonwe bwa mbere, ariko nyuma ihizwe irabura, bitangazwa ko ifite ibiro 600, uburebure bwa metero 4,7 by’umwihariko ngo ikaba ari imwe mu bwoko bw’ingona zabayeho mu myaka 60 ishize, ntiyishwe ahubwo yajyanwe aho izindi zibungwabungirwa.
Ushinzwe ibungabungwa ry’inyamaswa zo mu ishyamba, Tracey Duldig aganira n’itangazamakuru, yatangaje ko iyi ngona aribwo bwa mbere ibonywe mu migezi y’iki gihugu.
Ati “Ni ingona nini, itarigeze ibaho mu mugezi wa Khaterine”.
Nk’uko ikinyamakuru linfo.re kibitangaza, ngo umwe mu bagize iyi kipe ishinzwe kubungabunga inyamawa, John Burke avuga ko hishwe ingona zisaga 250 bagiye babona ko zagira ingaruka ku buzima bw’abantu, ariko iyi ngo bakaba basanze idasanzwe.
Yagize ati “Twagiye duha iyi nyamaswa amazina menshi atandukanye uko imyaka yagiye ishira, kuko byari bigoye kuyifata, imyaka yayo nyayo biragoye kuyimenya, n’umubyimba wayo …”.
Kuva mu 1971, ubwo hasohokaga itegeko ryo kubungabunga ingona, ngo umubare wazo wikubye gatatu mu majyaruguru ya Australia. Mu mwaka wa 2017, mu gihugu hose habarurwaga ingona ibihumbi 100.


