Umunyapolitiki akaba n’umuherwe, Moise Katumbi ushaka kwiyamamaza ku mwanya w’umukuru w’igihugu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye uburengenzira bwo gutaha.
Ubwo yaganiraga na Radiyo Mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI), aho yari ari i Johannesburg muri Afurika y’Epfo, yasabye abayobozi bwa RD Congo, uburenganzira bwo gutaha n’indege ye ikagwa i Lubumbashi.
Katumbi yabasabaga kuba yahagera ku wa Gatatu tariki tariki ya 1 Kanama 2018, ikagwa mu murwa mukuru w’Intara ya Katanga, i Lubumbashi.
Katumbi w’imyaka 53, yahoze Guverineri w’iyi Ntara ya Katanga, akaba yari amaze imyaka ibiri aba mu Bubiligi nyuma yo gushwana na Perezida Joseph Kabila.
Yasezeranyije ko azajya muri Congo kwiyamamaza ku mwanya w’umukuru w’igihugu nubwo bwose inkiko zamukatiye igifungo cy’imyaka itatu adahari, ashinjwa kunyereza imitungo ya Leta n’ibindi byaha.


