Umunyarwandakazi Umunyana Remy akaba umugore w’Umuraperi w’Umunyatanzaniya, Ambwene Yessayah izwi nka AY ku munsi w’ejo tariki ya 12 Kanama 2018 yibarutse umwana w’umuhungu nyuma y’amezi atandatu arushinze.
Abinyujije ku rubuga rwa Instagram, AY yatangaje ko umufasha we yamaze kwibaruka aho ari muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Leta ya Dallas.
Yagize ati” Imana ni nziza.Ndayishimira kuba iduhaye umugisha ikaduha umwana w’umuhungu aha turi mu bitaro bya Medical City Health care Dallas. Twamwise Aviel bivuze ngo “ IMANA NI DATA”. Ibiro 3.9 urakaza neza Aviel Yessayah”

Remy na Ay bashinze urugo mu kwezi kwa Gashyantare mu birori byabereye mu mujyi wa Dar Es Salaam.

Ibirori byo gusaba no gukwa byabereye mu karere ka Bugesera mu mujyi wa Nyamata.
Fred Masengesho Rugira/Bwiza.com


