Umuhanzi wo muri Uganda Bebe Cool yasabye Perezida w’ u Rwanda Paul Kagame ko Mutesi Jolly ashinja kumutuburira yakorwaho iperereza.
Bebe Cool wari wateguje ko agiye gukomeza gushyira hanze ibimenyetso bihamya ko Mutesi Jolly yamutuburiye, kuri uyu wa 17 Kamena 2026, kuri X yitabaje Perezida Kagame.
Yagize ati ” Ndasaba Perezida Kagame ko uyu mugore( Mutesi Jolly) yakorwaho iperereza kuko ari gusebya isura y’igihugu.”
Miss Mutesi Jolly we akomeje guhakana ibyo ashinjwa na Bebe Cool, yerekana ko hari uwitwa Akankwasa Mutesi Jolly wagiye amwiyitirira agatuburira benshi kandi ko yatanze impuruza iby’iki kibazo.


