I Luanda mu murwa mukuru wa Angola, kuri uyu wa Kabiri, itariki 14 Kanama 2018 hateganyijwe inama y’akarere igomba kwiga gusa ku bibazo bya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo ndetse na Sudani y’Epfo. Ni inama izitabirwa n’abakuru b’ibihugu 6 barimo n’uw’u Rwanda, Paul Kagame ntihatagira igihinduka.
Ibi ni ibyatangajwe kuwa Gatanu ushize, itariki 10 Kanama na Manuel Agosto, minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Angola nk’uko byatangajwe na Jeune Afrique.
Abakuru b’ibihugu bazitabira iyi nama bazibanda ku ngingo zikurikira:
-Gusesengura uko ibintu byifashe muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo
-Amasezerano y’amahoro yashyizweho umukono muri Sudani y’Epfo
-N’uko ibibazo bya politiki n’umutekano byifashe muri Afurika
Nk’uko byatangajwe n’ukuriye ububanyi n’amahanga muri Angola, Manuel Agosto, ngo abakuru b’ibihugu 6 bagomba kuzagira uruhare muri iyi nama barimo:
-Ali Bongo wa Gabon
-Yoweri Museveni wa Uganda
-Paul Kagame w’u Rwanda
-Edgar Lungu wa Zambia
-Joseph Kabila wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo
-Denis Sassou Nguesso wa Congo-Brazza
Iyi nama ngo ikaba ije nyuma y’iminsi 6 Perezida Joseph Kabila afashe icyemezo cyo kutaziyamamariza manda ya gatatu mu matora ateganyijwe kuwa 23 Ukuboza 2018.


