Inzego z’umutekano muri Leta ya Los Angeles zemeje ko Kajugujugu yagaragaye hejuru y’urugo rwa Rihanna yari igamije gutabara bitewe n’uko humvikanye intabaza mu rugo rw’uyu muhanzikazi.
Inzego z’umutekano zivuga ko mu ijoro ryakeye kuri uyu wa mbere ari bwo zakiriye intabaza ivuye mu rugo rw’iki cyamamare.
Amashusho yakiriwe n’ikinyamakuru TMZ yerekana inzego zitandukanye z’umutekano zahuruye ngo zitabare iki cyamamare mu muziki.
Ababikurikiranye bavuga ko iyi ntabaza koko yavuze ariko byakozwe mu makosa kuko nta mwanzi wari muri urwo rugo n’ubwo ngo Rihanna yari adahari.
Ibi ni nyuma yaho muri Gicurasi 2018, umusore umwe yafashwe yinjiye mu rugo rwa Rihanna mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Uyu musore yabwiye itangazamakuru ko yashakaga kuryamana na Rihanna kandi ko Atari kubikora ku ngufu.


Fred Masengesho Rugira/Bwiza.com


