Zimbabwe: Umudipolomate ukomoka muri Kuwait yatawe muri yombi n'igipolisi

Sangiza iyi nkuru

Igipolisi cya Zimbabwe muri iyi week end ishize cyataye muri yombi umuyobozi mukuru muri ambasade ya Kuwait ukekwaho kuba umwe m u ihuriro ry’abantu bacuruza abandi bivugwa ko ritwara abagore bashaka akazi muri Kuwait nyamara bagiye gukoreshwa ubusambanyi n’utundi tuzi dusuzuguritse.

Uwitwa Brenda Avril May, umunyamabanga muri iyi ambasade ya Kuwait i Harare, nawe arashinjwa kuba yaragiraga uruhare mu koroshya kubonera visa aba bantu bivugwa ko kuri ubu baheze mu bihugu byunze Ubumwe by’Abarabu. Uyu mugore yatawe muri yombi nawe ariko ararekurwa akazajya yitaba nakenerwa.

police-at-magistrates-court

Ikinyamakuru The Herald dukesha iyi nkuru mu cyumweru gishize cyanditse ko abagore barenga 200 bo muri Zimbabwe bajyanwe muri Kuwait bizezwa akazi.

Igipolisi cya Zimbabwe kuri uyu wa Mbere cyemeye ko cyafashe uyu mudipolomate kivuga ko iperereza rikomeje, mu gihe amakuru aturuka mu bushinjacyaha avuga ko igipolisi hari ibyo kigomba kubanza kuzuza kugirango gihamagaze umudipolomate mu rukiko.

Biravugwa ko iyo aba bantu bagejejwe muri Kuwait, bashyirwa mu nzu nk’imbohe ndetse ntibahembwe ahubwo aba bacuruza abantu muri Zimbabwe akaba ari bo bishyurwa.

Ngo hari n’igihe bagenzi babo bakorana b’abarabu nyuma baka amafaranga y’ingurane imiryango y’aba bantu baba bacurujwe, bakunze kuba biganjemo abakobwa bakiri bato, ngo babarekure nk’uko byatangajwe na nehandaradio.com.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter

Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *