Abanyamerika bemerewe kugaruka mu Burundi ariko basabwa kwirinda uduce tumwe

Sangiza iyi nkuru

Abanyamerika basabwe kugaruka mu Burundi ariko babuzwa gukandagiza ikirenge ku Musaga, Ngagara, Mutakura, Cibitoke , Nyakabiga na Kamenge mu masaha y’umugoroba. Ni nyuma y’igihe kitari gito Leta Zunze Ubumwe za Amerika zisabye ko bamwe mu bakozi bayo badakenewe cyane muri ambasade yazo I Bujumbura kimwe n’abanyagihugu babo babarizwaga I Bujumbura basubira iwabo kubera ikibazo cy’umutekano.

Leta Zunze Ubumwe za Amerika rero kuri uyu wa Mbere nibwo zongeye gutangaza ko abaturage bazo ndetse n’abakoraga muri ambasade yazo bagaruka mu Burundi kubera ko bigaragara neza ko umutekano watangiye kugaruka mu mujyi wa Bujumbura.

Ambasade ariko yasabye abakozi bayo n’Abanyamerika baba mu Burundi kutagera muri tumwe mu duce two mu mujyi wa Bujumbura twavuze haruguru mu masaha ya nimugoroba.

Bujumbura-seen-from-cathedral-600
Umujyi wa Bujumbura urebeye inyuma utazi ibiwuberamo

Twinshi muri utu duce tukaba ari utwaranzwemo ibikorwa byo kwamagana manda ya gatatu ya perezida Pierre Nkurunziza yanatsindiye mu matora yo muri Nyakanga 2015.

Iki cyemezo cyo gusaba abaturage ba Leta Zunze Ubumwe za Amerika gusubira iwabo cyari cyafashwe kuwa 13 Ukuboza 2015 nyuma y’ubwicanyi bwabereye mu mujyi wa Bujumbura bugahitana abantu bagera kuri 87.

CEJDWFyVAAAVRTL
Agace ka Musaga karanzwemo imyigaragambyo ikomeye yo kwamagana perezida Nkurunziza

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara na ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, rivuga ko abaturage ba Leta Zunze Ubumwe za Amerika bari batashye iwabo bagaruka mu Burundi, ndetse abashaka kuza mu Burundi bakaba basabwa gukurikirana ibivugwa mu binyamakuru no kumenya gahunda y’ingendo z’indege zijya mu Burundi no gukurikira amakuru atangwa n’iyi ambasade ku mutekano bifashishije internet.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter

Eric NININAHAZWE@bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *