Umuhanzi akaba n’umudepite mu gihugu cya Uganda Bobi Wine wari umaze iminsi afunzwe na Leta ya Uganda ndetse akaba yaranakorewe iyicarubozo nk’uko byemejwe n’abaganga bo kubitaro bya Lubaka ho mu gihugu cya Uganda, gusa kuri ubu akaba yemerewe kujya kwivuriza mu gihugu cy’Amerika we na mugenzi we Hon Zaake
Nkuko byemejwe n’abunganira Bobi Wine mu mategeko , bemeje ko uyu umuhanzi akaba na Depite mu nteko ishinga amategeko ya Uganda ko yemerewe kujya kwivuriza muri Leta zunze ubumwe z’Amerika.
Nicholas Opiyo abinyujije kuri twitter ye yagize ati”Ubu noneho nakwemeza ko Hon Bobi Wine agiye muri Amerika kwivuza ”
Ku munsi wo ku wakane tariki 30 Kanama 2018 umujyanama wa Bobi Wine mu byamategeko Robert Amsterdam yatangaje ko yangoye gutabwa muri yombi ubwo yageragezaga kujya ku kibuga k’indege.
Yagize ati”Yongeye gutabwa muri yombiBobi Wine ku kibuga cy’indege, nubwo umucamanza yari yamuretse akongera gusubirana urupapuro rwe rw’inzira kubera ko yari acyeneye kuva mu gihugu kugira ngo ajye kwivuza”
Bobi Wine yafunzwe ashinjwa ubugambanyi,gutunga imbunda, guteza imvururu mu baturage ndetse no gutera amabuye ku rukurikirane rw’imodoka zari zitwaye Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda gusa ibi byaha byose ntibikimuriho cyane ko urukio rwamuhanaguyeho icyo kuba atunze imbunda asigarana icy’ubugambanyi.



