Komisiyo ya Loni yiteguye gutangaza amazina y’abantu baregwa ubwicanyi mu Burundi

Sangiza iyi nkuru

Abashinzwe iperereza b’Umuryango w’Abibumbye kuri uyu wa Kane, itariki 05 Nzeri batangaje ko ibikorwa byo guhonyora uburenganzira bwa muntu bikomeje mu Burundi, ndetse bamagana amagambo y’urwango aherutse gutangazwa na perezida Nkurunziza. Iyi komisiyo ikaba yiteguye gushyira ahagaragra amazina y’abantu baregwa ubwicanyi muri iki gihugu.

Aba bakozi ba Loni bavuze ko uku guhonyora uburenganzira bwa muntu gukomeje gutizwa umurindi n’amagambo ahamagarira abantu urwango yagiye atangazwa n’abayobozu barimo umukuru w’igihugu n’abagize ishyaka riri ku butegetsi, CNDD-FDD ndetse no kudahana gukomeje nk’uko raporo ya komisiyo ishinzwe iperereza ku byaha byakorewe mu Burundi kuva mu 2015 ivuga.

Iyi komisiyo ikaba imaze umwaka itangaje ko ibikorwa byo guhonyora uburenganzira bwa muntu ahanini bikorwa n’urwego rw’igihugu rw’ubutasi, igipolisi n’igisirikare ndetse n’Imbonerakure (urubyiruko rw’ishyaka riri ku butegetsi), bigize ibyaha byibasira inyokomuntu.

Iyi komisiyo muri raporo yayo yijeje ko ibyo byaha byakomeje gukorwa mu 2017 na 2018 birimo ubwicanyi, kunyereza abantu, gufunga binyuranyije n’amategeko, iyicarubozo, gufata abantu kinyamanswa, gufata ku ngufu n’ubundi bugizi bwa nabi.

Kunyereza abantu

Iyi komisiyo ya Loni ishinzwe iperereza ku byabaye mu Burundi, itanga urugero rw’uwitwa Leopold Habarugira wo mu ruhande rutavuga rumwe n’ubutegetsi ngo wafashwe kuwa 12 Nzeri 2017 n’abantu barimo umwe wari wambaye imyambaro ya gipolisi, ariko akaba yaraburiwe irengero.

Raporo y’iyi komisiyo kandi iramagana uruhare rw’Imbonarakure ndetse no kugabanyuka kw’urubuga rwa politiki mu Burundi hatirengagijwe gukenesha abaturage.

Perezida w’iyi Komisiyo, Doudou Diene, akaba yanakomoje ku matora ya referandumu yabaye muri Gicurasi 2018 n’ibikorwa byo kwitegura amatora yo mu 2020, avuga ko byaranzwe n’iterabwoba ku bantu bakekwagaho kutavuga rumwe na guverinoma cyangwa badashyigikiye imirongo y’ishyaka riri ku butegetsi.

Iyi komisiyo inanenga umuco wo kudahana mu Burundi, yakoze urutonde rw’abantu ivuga ko bakekwaho uruhare mu byaha byibasiye inyokomuntu yiteguye gutangaza.

imbones

Doudou Diene ati: “ Aho gutuma amategeko yubahirizwa, inzego z’ubutabera zifasha guhisha ibyaha no guhonyora uburenganzira bwa muntu bikorwa na polisi, SNR (Urwego rw’igihugu rw’ubutasi) n’Imbonerakure, babaha kudahanwa .”

Igihugu cy’u Burundi cyinjiye mu bibazo bya politiki nyuma y’aho Pererzida Nkurunziza atangarije ko aziyamamariza manda ya 3 muri Mata 2015. Kongera gutorwa kwe muri Nyakanga uwo mwaka kwateje imyivumbagatanyo yaguyemo abantu byibuze 1200 abandi basaga 400,000 bahunga igihugu. Ubu bugizi bwa nabi bwakozwe icyo gihe bwatumye Urukiko Mpuzamahanga rutangira iperereza.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *