Hashije iminsi mu bitangazamakuru byo muri tanzaniya humvikana amakuru avugako umunyamideli Hamisa Mobeto akaba n’umugore wa Diamond mu buryo butemewe n’amategeko ahamya ko yiteguye kujyana mu nkiko umugabo we Diamond amushinza ku muharabika.
Ni nyuma y’uko umuhanzi Diamond Platnumz asohoye amajwi avuga ko Hamissa Mobeto yashatse ku murogesha we n’umuryango we ahaninia agamije ku mutwara umutima kugira ngo azamurongore amushyire mu rugo ku ngufu.
Nkuko Global Publisher yabitangaje ngo Hamisa yiteguye kurega uyu muhanzi Diamond Platnmz babyaranye umwana w’umuhungu amushinza kumuharabika mu ruhame kuko ayo majwi avuga bamuhaye ataria aye ndetse nuwayakwirakwije yaramenyekanye.
Ygize ati”Umuntu wakwirakwije ayo majwi yaramenyekanye ariko Diamond nawe akwiye kubiryozwa kuko yemeje neza ko ayo majwi ari ayanjye kandi sibyo”
Hamisa Mobeto yakundanye na Diamond mu ibanga rikomeye kugera naho babyaranye umwana w’umuhungu ndetse byavuzwe ko yaba ariwe ntandaro y’itandukana rya Diamond na Zari Hassan


