Umuhanzikazi Selena Gomez akomeje kunanirwa kwakira ishyingirwa ry’umusore bahoze bakundana, Justin Bieber wamaze kubana n’umunyamideli, Hailey Baldwin.
Umwe mu bantu ba hafi b’uyu mukobwa avuga ko Gomez yananiwe kwiyumvisha ko Justin Bieber yaba umugabo w’undi mukobwa bityo akaba ari mu gahinda.
Ati” Selena azi neza ko Justin Bieber yamaze kubana n’undi mukobwa gusa ntarabyakira. Biramugora kubana nabyo,ntiyari abyiteze”
Uyu mukobwa ari mu buribwe nyuma yaho mu ntangiro z’umwaka wa 2018 yari yongeye gukundana na Justin Bieber gusa muri Kamena yaje gukundana n’umunyamideli, Hailey Baldwin ndetse bambikana impeta kuwa 13 Nzeri 2018.

Urukundo rwa Selena Gomez na Justin Bieber rwatangiye guhwihwiswa mu 2010. Nyuma y’umwaka umwe muri Mutarama nibwo batangaje ko bakundana ku mugaragaro ubwo bari mu biruhuko muri St. Lucia
Aba bombi baje gutandukana gusa hariho icyizere ko mu 2017 basubirana n’ubwo umuryango w’uyu muhanzikazi wabirwanyaga.

Ibi nibyo byatumye hagana muri Mutarama, 2018 selena Gomez agira ihungabana hakitabazwa ibitaro.
Selena Gomez na Bieber batandukanye muri Werurwe, 2018 nyuma y’uko hari hashize igihe kirekire urukundo rwabo ruri muri bomboribombori.


