Perezida Nkurunziza yagiriye imbabazi abafungwa 158 bari bafungiye muri gereza ya Muramvya ndetse anagabanyiriza ibihano abandi bafungwa 45.
Ibi byatangajwe na Minisitiri w’ubutabera mu Burundi Aime Laurentine Kanyana ubwo yasuraga iyi gereza mu ntangiriro z’iki cyumweru ariko biza gushyirwa mu bikorwa bucyeye bwaho.

Minisitiri Kanyana avuga ko iki cyemezo gifashwe mu rwego rwo gushyira mu bikorwa imbabazi zatanzwe na Perezida wa Repubulika zikaza gushyirwa mu bikorwa n’iteka rye.
Nanone kandi urukiko rwisumbuye rwa Bujumbura rukorera i Muramvya rwarekuye nanone abandi bafungwa 55 batawe muri yombi ku itariki ya 17 Mata 2015 bafatiwe mu mujyi wa Bujumbura.
Aba ba nyuma bakaba bashinjwa kuba bari mu mitwe yatezaga umutekano muke mu Burundi.
41 muri aba 55 bari bararekuwe by’agateganyo mu gihe abandi 14 bari bagifunzwe. Bose bakaba barekuwe muri iki cyumweru.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Alphonse Munyankindi / Bwiza.com


