Inzego z’umutekano mu Burundi zirashinja umwe mu bagize inteko ishinga amategeko gutegura umugambi wo kwivugana perezida Pierre Nkurunziza n’abandi bayobozi bakuru b’igihugu nk’uko byatangajwe na televiziyo y’u Burundi.
Abayobozi bakaba batangaje ko hatawe muri yombi agatsiko k’abakomando bakekwaho gushaka kwica perezida, abamwungirije babiri n’umukuru w’inteko ishinga amategeko nk’uko itangazo ryanyuze kuri televiziyo kuwa kane ushize rivuga.
Umuvugizi wa minisiteri y’umutekano, Pierre Nkurikiye, ashinja Depite Pierre-Celestin Ndikumana wo mu ihuriro Amizero y’Abarundi kuba inyuma y’uyu mugambi.
Abantu batatu bavugwaho kuba mu gatsiko k’abagombaga kwica Prerezida Nkurunziza kuri uyu wa kane ushize, itariki 18 Ukwakira bagaragarijwe itangazamakuru barimo umugabo wakoze akazi ko mu rugo kwa Ndikumana amezi makeya mu 2015.

Pierre Nkurikiye yavuze ko uyu wahoze akora mu rugo rwa Ndikumana yemeye ko yahawe akazi na ndikumana ko gukora ubwicanyi, ndetse anemera ko mu ntangiriro z’uku kwezi (Ukwakira) yagerageje kwica umuryango w’umugabo n’umugore bose babarizwa mu nteko ishinga amategeko bakomoka mu ishyaka riri ku butegetsi.

Amakuru aturuka mu nteko ishinga amategeko aravuga ko igikorwa cyo kwambura Ndikumana ubudahangarwa cyatangiye, mu gihe Nkurikiye avuga ko iperereza rishobora gutuma bamenya abandi bari inyuma y’uwo mugambi.

Ku ruhande rwe, Ndikumana yabwiye AFP ko ibyo ashinjwa ari akagambane kagamije kumutera ubwoba no kumucecekesha.
Ihuriro Amizero y’Abarundi riyobowe na Agathon Rwasa, rifatwa nk’imbogamizi ikomeye ku butegetsi buyobowe n’ishyaka CNDD-FDD, ndetse imiryango mpuzamahanga yakunze kwamagana guhigwa bukware kw’abayoboke baryo.


