Abiga mu kigo ‘Child Care Academy’ kiri mu murenge wa Kamembe, mu karere ka Rusizi, cy’amashuri abanza, bavuga ko nyuma yo gusura ibice binyuranye by’Intara y’Amajyepfo n’akarere ka Karongi mu Ntara y’Uburengerazuba, basanga hari byinshi akarere kabo gakwiye gukora ngo kazamure ibikorwa by’ubukerarugendo.
Aba banyeshuri bavuga ko mu rugendoshuri baherutsemo hamwe n’abayobozi babo ,abarezi na bamwe mu babyeyi babo, bageze mu duce twinshi tw’Intara y’Uburengerazuba n’iy’Amajyepfo, aho babanje kureba zimwe mu nyamaswa n’ibimera byiza biboneka muri pariki y’igihugu ya Nyungwe, bakomereza mu karere ka Nyamagabe kureba ibijyanye n’ubumenyi bw’ikirere bihuje n’amasomo biga.
Bavuze ko banakomereje mu ngoro y’amateka n’imibereho y’abanyarwanda mu karere ka Huye mu Ntara y’Amajyepfo aho birebeye imibereho y’abakurambere babo bitandukanye n’uko babitekerezaga, imyambarire,ubukungu,ibikoresho bifashishaga mu mibereho yabo ya buri munsi n’ibindi, ngo byatumye bumva bashimishijwe no kureba ibyiza bitatse igihugu cyabo.
Hirwa Germaine, umwe muri bo yagize ati’’ twumva ‘ Visit Rwanda ‘, tukaba twumvaga ko mu byiza birutatse harimo inka z’inyambo, nkibaza niba zifite ukwazo ziteye ,ariko byanshimishije cyane kuzibona, nshimira ubuyobozi bw’ishuri ryacu n’ababyeyi batwemereye tukaza kuzireba. Twifuzaga ko habaho n’uburyo zazanwa mu karere kacu n’abandi bakazibona kuko hari abana babyifuza ariko amashuri yabo ntabahe ubu buryo bwo gutembera.’’
Banavuga ko kubona urutare rwa Ndaba mu karere ka Karongi bakanamenya uwo Ndaba bajyaga bumva bavuga uko byamugendekeye, bibaha isomo ryo kwirinda guhemuka, bagasanga n’akarere ka Rusizi hari byinshi gakwiye gukora bikamenyekanisha.
Arengerwe Merci Alliance ati’’ kuki tutabona n’abana b’ahandi nka Muhanga,Ruhango,Nyanza, Nyarugenge n’ahandi baza mu karere kacu kuhatemberera? Ni uko twe tudafite ibyo bareba cyangwa ni ikibazo cy’uko bidatunganijwe? Tiwfuza kubona n’abana b’ahandi baza i Rusizi kureba uruganda rwa CIMERWA,amashyuza yo mu Bugarama,ikiyaga cya kivu,umugezi wa Rusizi n’ibindi kuko natwe dufite ibyiza byabashimisha.’’
Umwe mu bahagarariye ababyeyi b’aba bana, Manirarora Gratien,asanga igitekerezo cyabo ari cyiza cyane kuko uRwanda ari rwiza impande zose, akumva ubuyobozi bukwiye gutunganya byinshi biri mu karere na ko kakinjiza aturutse ku bukerarugendo.
Avuga ko ababyeyi bishimira ko abana babo batemberera ibice binyuranye by’igihugu kuko hari n’abanyamahanga baturuka I kantarange bakaza kubireba, bikaba bidahenze ugereranije n’inyungu abana bakura mo.
Umuyobozi w’aka karere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage,Nsigaye Emmanuel, avuga ko akarere gashishikariza n’andi mashuri gutembereza abana bahereye ku byiza biboneka mu karere kabo, kubitunganya neza bikaba bigitekerezwa ho,ariko ko inyungu ibirimo akarere kayizirikana kandi ibishoboka byose bikorwa ngo na ko kakire abana n’abakuru benshi baza kureba ibyiza bihari.
Ni ku nshuro ya 6 abana biga muri iri shuri batemberezwa igihugu, bikaba bibafasha mu mitsindire kuko ngo ari ryo shuri ribanza rihiga andi mu karere kose mu bizamini bya Leta, umuyobozi waryo, Pasiteri Hakizimana Felicien, akavuga ko iyi gahunda izakomeza ikagera no mu bana b’incuke.




