Itangazo ryashyizweho umukono na Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente, yahaye Abaminisitiri n’abandi bagize Guverinoma uturere bagomba gukurikirana, aho buri wese yahawe Akarere katari ako yari asanwemo.
Kuba abagize Guverinoma y’u Rwanda baragabanutse, byatumye bamwe bahabwa Uturere tubiri two gukurikirana, mu gihe umwaka ushize buri wese yari yahawe Akarere kamwe gusa ko gukurikirana. ( Bisome hano : https://bwiza.com/2017/09/16/abaminisitiri-bahawe-uturere-bazitaho-basabwa-kudusura-byibura-rimwe-mu-kwezi-no-gutanga-raporo/ ).
Kuri iyi nshuro, abagize Guverinoma bahawe uturere tubiri tubiri two gukurikirana ni babiri aribo Prof Shyaka Anasthase wahawe Uturere tubiri two mu Ntara y’Uburengerazuba, na Kayisire Solange wahawe Uturere tubiri two mu Ntara y’Iburasirazuba.
Urutonde rurambuye rw’Abaminisitri n’Utrere bahawe gukurikirana no kugira inama



