Lieutenant Colonel IKURAKURE Darius usanzwe ayoboye ikigo cya gisirikare cya Muzinda amaze kwicwa mu masaha ashize y’akaruhuko n’abantu bataramenyekana.
Mu masaha yo ku gicamunsi cyo kuri uyu wa kabiri tariki ya 22 Werurwe 2016 nibwo LT Col Ikurakure Darius yaraswaga n’umuntu witwaje intwaro utaramenyekana. Uyu mugabo akaba yiciwe muri Etat Majoro ya gisirikare.
Amakuru ava mu Burundi avuga ko Lieutenant Colonel IKURAKURE Darius yasanzwe imbere y’ibiro bikuru by’igisirikare (à‰tat Major Général de l’Armée). Aha akaba ariho yarasiwe hagati mu kibuga cyagenewe gusomerwamo amakuru mashya.

Ngo uwarashe uyu musirikare mukuru yahise ahunga anyuze ku muhanda w’ibitaro byitiriwe intwari Louis Rwagasore naho imbunda yakoresheje amurasa akaba yayisize aho yari amaze gukorera amahano.
Lt Col Ikurakure uretse kuyobora ikigo cya Genie de combat, niwe wari ushinzwe umutekano mu karere ko mu Burasirazuba bwa Bujumbura mu duce twa Mutakura, Cibitoke na Ngagara.
Utu duce tukaba twarafatiwemo abantu bari mu myigaragambyo bamagana ubutegetsi bwa Perezida Nkurunziza. Utu duce kandi twafatiwemo intwaro nyinshi ndetse abenshi bafunzwe n’ubutegetsi ntibarekurwa abandi baranyerezwa. Bose bakaba bashyirwa ku mutwe wa Col Darius Ikurakure .
Nyuma y’iraswa rye bivugwa ko abashinzwe umutekano bahise bakikiza ibiro bikuru bya gisirikare bikanga ko hari umutekano muke ushobora kuboneka nyuma y’ibi bitero. Kugeza ubu igisirikare cy’u Burundi ntacyo kiratangaza ku rupfu rw’uyu musirikare mukuru.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Alphonse Munyankindi/ Bwiza.com


