Uwahoze ari Perezida wa Angola, Jose Eduardo dos Santos, kuri uyu wa Gatatu yamaganye ibirego by’uwamusimbuye ku butegetsi, Joao Lourenco umushinja gusahura akeza isanduku ya leta.
Perezida Joao Lourenco yabwiye ikinyamakuru cyo muri Portugal, Expresso kizasohoka muri iyi weekend, ko yageze ku butegetsi agasanga isanduku ya leta yera. Kuri uyu wa gatatu, Eduardo dos Santos yamusubirije mu kiganiro n’itangazamakuru cyatunguranye I Luanda, mu murwa mukuru, ari nacyo kiganiro cya mbere yakoresheje kuva yava ku butegetsi muri Nzeri 2017.
Yagize ati: “ Ntabwo nigeze nsiga amasanduku ya leta arimo ubusa. Muri Nzeri 2017, nasize hafi miliyari 15 z’amadolari muri Banki y’Igihugu ya Angola. ”
Dos Santos yongeyeho ko ingengo y’imari rusange ya leta yemezwa n’inteko ishinga amategeko, kandi ko ibyo leta yinjiza n’ibyo isohora bigomba kwandikwa. Ingengo y’imari ya 2017 ngo ikaba yarabayemo igihombo cya 6%.
Iyi nkuru dukesha Jeune Afrique yibutsa ko Jose Eduardo dos Santos yayoboye Angola kugeza muri Nzeri 2017, nyuma y’imyaka 38 ari ku butegetsi, aza gusimburwa na Joao Lourenco nawe wo mu ishyaka rya MPLA.
Akigera ku butegetsi, Lourenco yatangiye kwirukana muri leta no mu bigo bya leta benshi biganjemo abari begereye dos Santos.
Ni muri urwo rwego umwe mu bahungu ba dos Santos witwa Jose Filomenu kuri ubu akurikiranweho ibyaha bya ruswa yakoze ubwo yari akuriye ikigega cya leta.


