Umwana w’umukobwa w’umwaka umwe witwa Sahiba wo mu Buhinde yarokotse impanuka ya gari ya moshi yamunyuze hejuru ubwo yagwaga avuye mu maboko ya mama we wari umuteruye.
Uyu mwana yarokotse iyi mpanuka kuwa 20 Ugushyingo 2018 yabereye aho bategera gariyamoshi hitwa Mathura.
Ababibonye batangarije ikinyamakuru The Sun dukesha iyi nkuru ko uyu mwana w’umukobwa atigeze akomereka habe na gato.
[penci_related_posts taxonomies=”undefined” title=”Izindi nkuru wasoma” background=”” border=”” thumbright=”no” number=”4″ style=”list” align=”none” displayby=”recent_posts” orderby=”random”]
Aba babwiye iki kinyamakuru ko umubyeyi w’uyu mwana yasunitswe n’undi muntu bityo umwana agwa mu muhanda wa gari yamoshi imuca hejuru.
Benshi mu bari aho bahamya ko ubwo gari ya moshi yamaraga guhita batiyumvishaga ko uyu mwana yaba akiri muzima.



