Urukiko rwo muri Uganda rugiye kumva amajwi y’umusore Brian Isiko ushinjwa kuzonga umudepite w’Akarere ka Kabarole, Sylivia Rwabwogo amutereta.
Umucamanza mu rukiko rw’ibanze rwa Buganda Road, Stella Amabirisi avuga kuwa 12 Ukuboza 2018 azumva ubutumwa bw’urukundo buri mu majwi bwoherejwe na Brian Isiko.
Iki cyemezo cyafashwe nyuma y’aho uburanira Isiko , Ramadhan Waiswa avuga ko aya majwi yakumvwa kugira ngo humvikane ibiyagize niba byakwitwa icyaha.

Umushinjacyaha wa Leta, Miriam Njuki yasabye hashakwa ibikoresho bikwiriye kugira ngo humvwe ubutuma bw’imitoma Chimpreports ivuga ko bwiganjemo indirimbo zinyura umutima.
Ni ubwa kabiri urubanza rw’uyu munyeshuri wo muri Kaminuza yo muri Uganda agiye kuburanishwa nyuma y’aho akatiwe gufungwa imyaka ibiri ariko urukiko rukuru rutesheje agaciro iki gihano.
[penci_related_posts taxonomies=”undefined” title=”Izindi nkuru wasoma” background=”” border=”” thumbright=”no” number=”4″ style=”list” align=”none” displayby=”recent_posts” orderby=”random”]
Ubushinjacyaha bushinja Isiko koherereza Depite Rwabwogo ubutumwa bw’urukundo bw’urudaca burimo indirimbo z’abahanzi nka ba Don Williams, P- Square, Kenny Rodgers n’abandi.
Buvuga ko ibi ari ukubangamira umudendezo wa Rwabwogo.
Ibi byaha byose Isiko Brian arabihakana.


