Hagiye kumvwa imitoma  y’umusore ushinjwa gutereta umudepite ku ngufu

Sangiza iyi nkuru

Urukiko rwo muri Uganda rugiye kumva amajwi y’umusore Brian Isiko ushinjwa kuzonga umudepite w’Akarere ka  Kabarole, Sylivia Rwabwogo amutereta.

Umucamanza mu rukiko rw’ibanze rwa  Buganda  Road, Stella Amabirisi avuga kuwa 12 Ukuboza 2018  azumva ubutumwa bw’urukundo buri mu majwi bwoherejwe na Brian Isiko.

Iki cyemezo cyafashwe nyuma y’aho uburanira Isiko , Ramadhan Waiswa avuga ko  aya majwi yakumvwa kugira ngo humvikane ibiyagize niba byakwitwa icyaha.

Rwabogo
Depite Rwabwogo wazonze umutima wa Brian Isiko

Umushinjacyaha wa Leta, Miriam Njuki yasabye hashakwa ibikoresho bikwiriye kugira ngo humvwe ubutuma bw’imitoma Chimpreports ivuga ko bwiganjemo indirimbo zinyura umutima.

Ni ubwa kabiri urubanza rw’uyu munyeshuri wo muri Kaminuza yo muri Uganda agiye kuburanishwa nyuma y’aho akatiwe gufungwa imyaka ibiri ariko urukiko  rukuru rutesheje agaciro iki gihano.

[penci_related_posts taxonomies=”undefined” title=”Izindi nkuru wasoma” background=”” border=”” thumbright=”no” number=”4″ style=”list” align=”none” displayby=”recent_posts” orderby=”random”]

Ubushinjacyaha bushinja Isiko koherereza Depite Rwabwogo  ubutumwa bw’urukundo  bw’urudaca burimo indirimbo z’abahanzi nka ba Don Williams, P- Square, Kenny Rodgers n’abandi.

Buvuga ko ibi ari ukubangamira umudendezo wa Rwabwogo.

Ibi byaha byose Isiko Brian arabihakana.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *