Umuhanzi ukunzwe na benshi hano mu Rwanda Yvan Buravan umaze imyaka itatu yinjiye mu muziki ku munsi w’ejo tariki 1 Ukuboza 2018 yamuritse umuzingo (Album)we wambere yise The Love Lab ibirori byitabiriwe n’ubwiganze bwabakobwa bambaye imyenda idasanzwe ndetse n’ibyamamare byahano mu Rwanda.
Mu bantu benshi bitabiriye iki gitaramo harimo umwe mu bagore bagezweho hano mu rwanda Shaddy boo usanzwe ari n’umufana wa Buravan wakataraboneka yaje ashagawe n’abagore bagenzi be babiri baje gushyigikira uyu muhanzi.
Mumyambaro bari bambaye byagaragaraga ko ari abanyabirori mu buryo bwose wabonaga abantu babahanze akajisho ari nako banyuzamo bakabyina zimwe mu ndirimbo z’uyu muhanzi.
Mu bandi bitabiriye ibi birori bazwi cyane hano mu rwanda twavuga nka Minisitiri Nduhungirehe Olivier , Intore Masamba, Kizito Mihigo, Aline Gahongayire,Bashabe,Amag n’abandi
Ni igitaramo cyaranzwe n’ubwitabire budasanzwe, ibyicaro byose byari byateguwe byashize ku buryo umubare munini w’abafana byabaye ngombwa ko bakurikira ibirori bahagaze nabwo babyigana.
Yvan Buravan yaririmbye zimwe mundirimbo ze zakunzwe cyane hano mu Rwanda nka Oya,With you,Marayika,canga irange yakoranye na Active, Oroha yakoranye na Charly na Nina ni zindi nyinshi








Â
Â


