Col Darius Ikurakure na Majoro Didier Muhimpundu bishwe n’abantu batari bamenyekana ku wa kabiri tariki ya 22 Werurwe 2016, nyuma yabyo Hussein Radjabu wahoze ayobora ishyaka CNDD FDD aratunga agatoki abo yise abambari ba Nkurunziza kuba inyuma y’iraswa ryabo.
Hussein avuga ko iraswa rya Muhimpundi ryakozwe ari uguhorera Darius nk’uko bitangazwa n’ikinyamakuru ubmnews dukesha iyi nkuru, byose akaba abishinja abo yise abambari ba Perezida Nkurunziza ubu batavuga rumwe nyuma yo kutumvikana kuri manda ye ya 3 ayoboye.
Yagize ati:” Iraswa rya Majoro Muhimpundu ryabaye ngo ni uguhora Col Darius Ikurakure nk’uko abambari ba Nkurunziza babyigambye”.
Yakomeje agira ati: “ Darius yishwe arashwe mu gitondo cyo ku wa 22 Werurwe 2016, abambari ba Nkurunziza bahise batangira kwamamaza ubwoko bw’uwamwishe, nyuma abumvishe akamo k’abo bambari bahise bica Majoro Muhimpundu maze bahita bamamaza ubwoko bw’uwamwishe”.
Radjabu akomeza avuga ko ari nko kwihekura ko abo bose bishwe ari abasirikare b’u Burundi, ati:”si Darius, si Didier bose bari abasirikare b’u Burundi (FDN), igisirikare cyitwa ko Nkurunziza akibereye Kizigenza”.
Yakomeje avuga ko bibabaje cyane kuba u Burundi bukomeje guhekurwa n’icyo yise imyifato mibi ya Perezida Nkurunziza, ngo mu gihe isi yose yahagurutse ishishikajwe no kugarura amahoro n’umutekano mu Burundi, we agakomeza kubaryanisha.
Akaba asaba Abarundi bose aho bava bakagera kuba maso bakarebesha amaso Imana yabahaye bakanamenya umwanzi wabo, bakamenya urimo kubaryanisha abasubizi mu bihe bibi by’amacakubiri.
Hussein Radjabu yahoze ari umuyobozi mukuru w’ishyaka CNDD FDD riri ku butegetsi i Burundi, nyuma yo kugaragaza ukutavuga rumwe na Perezida Nkurunziza kuri manda ye ya 3, yahise avanwa kuri uyu mwanya aranafungwa.
Ntiyafunguwe ahubwo yatorotse gereza yari afungiyemo ya Mpimba, kuva icyo gihe yanze gutangaza aho ari.
Aganira na BBC, Bwana Radjabu ntiyigeze avuga neza neza aho ari, ariko avuga ko ari kumwe n’Abarundi, ngo kandi Abarundi babarizwa mu Burundi.
Yavuze ko yafashe umwanzuro wo gutoroka bitewe n’uko ubuzima bwe bwari buri mu kaga, ko byageze aho bamufungira ahantu ha wenyine, asanga gutoroka ariwo muti wonyine wo kurengera ubuzima bwe.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Itangishatse Theoneste/Bwiza.com


