Perezida Yoweri Museveni wa Uganda yasubije Perezida w’u Burundi, Pierre Nkurunziza amubwira ko akeneye kwicarana ku meza n’abatavuga rumwe na bo bagacira inzira nshya igihugu cyabo.
Perezida Pierre Nkurunziza yari yandikiye mugenzi we wa Uganda akaba na Chairman wa EAC ko atazicarana n’abagerageje kumuhirika ku butegetsi mu 2015.
Mu ibaruwa yo kumusubiza yamwandikiye Chimpreports yabashije kubonaho, Museveni yagize ati: “ Wanambajije niba nshobora kwicarana n’abahiritse ubutegetsi n’abakora iterabwoba, n’ibindi… Igisubizo ni Yego. Uganda ntiyari gutabarwa iyo ingabo z’imppinduramatwara nayoboye ubwanjyye imyaka 53 ishize, ziba zitararwanye zikanashyikirana n’abahiritse ubutegetsi, abakora iterabwoba n’ibindi ..”
Perezida Museveni yibukije Nkurunziza ko muri Uganda habaye guhirika ubutegetsi bwa mbere mu 1966 kuyoboowe na Obote, bigasubira mu 1971 na Idi Amin, ubwa gatatu hakaba kwiba amajwi mu 1980. Ati: “ Abagize uruhare muri ibi bikorwa byose cyangwa abari babari inyuma ubu bari muri guverinoma yacu .”
Ibi Perezida Museveni arabitangaza mu gihe hakomeje kugaragara urunturuntu mu mubano w’u Rwanda n’u Burundi.
Perezida Nkurunziza akaba yarabwiye Museveni ko afata u Rwanda nk’umwanzi w’u Burundi ushaka kubuhungabanya. Ibi u Rwanda rukaba rubihakana.
Perezida Musevenni yakomeje atanga urugero rw’uko yemeye gushyikirana na Lord Resistance Army.
Ati: “ Nagiranye imishyikirano na Kony wishe ibihumbi, agaca abantu amatwi kugirango batumva ubugizi bwa nabi bwe; akabaca iminwa kugirango batagira iminwa yo kuzavugisha ibikorwa bye. Niwe, ku iherezo wanze gusinya. Ubwo nibwo twamukurikiye muri Congo na Centrafrica .”
Hagati aho iyi nkuru iravuga ko hataramenyekana niba Perezida w’u Burundi yasubije ibaruwa ya Museveni.


