Burera: Gitifu w’umurenge arashinjwa kwakira ruswa y’amafaranga 200,000

Sangiza iyi nkuru

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kinoni mu karere ka Burera mu ijoro ryo kuri uyu wa gatatu ushize yatawe muri yombi n’abashinzwe umutekano kubera ruswa y’umuturage washakaga ibyangombwa byo kubaka akurikiranweho kwaka no kwakira.

Uyu muyobozi witwa Julienne Uwamahoro kuri ubu afungiye kuri Station ya Polisi iri mu Murenge wa Gahunga, muri aka Karere ka Burera.

Umuvugizi w’Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha, Modeste Mbabazi, yabwiye Umuseke dukesha iyi nkuru ko uriya muyobozi ashinjwa gusaba no kwakira ruswa.

Umuvugizi wa RIB yongeyeho ko Uwamahoro yafatiwe mu cyuho ari kwakira ruswa y’amafaranga 200,000 y’u Rwanda yahawe n’uriya muturage nyuma y’uko uyu yari yabimenyesheje inzego zibishinzwe zigafatira uyu muyobozi mu cyuho yakira ruswa.

Hagati aho Modeste Mbabazi avuga ko iki kibazo kigikorwaho iperereza.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *