Perezida Denis Sassou Nguesso wa Congo yongereye imyaka 32 amaze gutegeka iki gihugu nyuma yo gutsindira manda ya gatatu mu cyiciro cya mbere cy’amatora ya perezida ku majwi 60% nk’uko byatangajwe na minisitiri w’umutekano kuri uyu wa Kane.

Minisitiri w’umutekano, Raymond Zephyrin Mboulou yatangaje ibyavuye mu matora kuri televiziyo y’igihugu mu rukerera rwo kuri uyu wa kane, hakaba hari saa 02:30 ku isaha ngengamasaha ya GMT nyuma y’amatora yabaye muri weekend itumanaho ryose ryahagaritswe.
Denis Sassou Nguesso yakurikiwe mu majwi na Guy-Brice Parfait Kolela wagize 15%, naho Gen. Jean-Marie Michel Mokoko aza ku mwanya wa gatatu n’amajwi 14%.
Kuri uyu wa Gatatu abatavuga rumwe n’ubutegetsi bari bamaganye ibya mbere byavuye mu matora byashyizwe ahagaragara na komisiyo y’igihugu y’amatora, aho Denis Sassou Nguesso w’imyaka 72 yari afite amajwi 67%.
Nubwo perezida Nguesso yongeye gutorerwa kuyobora Congo, Daily Nation dukesha iyi nkuru ivuga ko ashinjwa n’abatavuga rumwe nawe kunanirwa kurwanya ruswa, kurangwa n’icyenewabo ndetse no kubangamira demokarasi.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com





