Abasukuti basaga 200 b’Abagande babujijwe kwinjira ku butaka bw’u Burundi

Sangiza iyi nkuru

Urubyiruko rw’abasukuti (scouts) rusaga 200 rw’Abagande rwabujijwe kwinjira ku butaka bw’u Burundi n’inzego zishinzwe abinjira n’abasohoka z’iki gihugu, mu majyaruguru y’uburasirazuba mu Ntara ya Muyinga, aho bari bagiye mu nama ihuza abasukuti bo mu karere ibera mu Ntara ya Gitega igomba gusoza kuri uyu wa Kane.

Amakuru aturuka mu Burundi aravuga ko uru rubyiruko rwakuwe ku mupaka rukajyanwa ku mupaka w’u Burundi na Tanzania ku wa Mbere nyuma ya saa sita.

Uru rubyiruko rw’abasukuti rukaba rwarabujijwe kwinjira ku butaka bw’u Burundi kuwa Gatandatu nk’uko amakuru agera kuri SOSMedias avuga.

Umwe mu bashinzwe umutekano akaba yatangaje ko aba basukuti bari baherekejwe n’abagabo basaga 10 bafite imbunda.

Ati: “ bari bafite imbunda zo gucungira umutekano convoy mu kindi gihugu. Ibi ntabwo byemewe .”

Uyu wakomeje abaza niba abari baherekeje aba ari abasirikare ba Uganda, avuga ko icyo babonye gusa ari imbunda.

Abaturage ba Muyinga ariko bo nk’uko iyi nkuru ivuga barasanga iki ari ikindi kimenyetso cy’imibanire itari myiza hagati y’ibihugu bigize umuryango wa EAC. Aba bagande bakaba bari bagiye kwinjira mu Burundi banyuze ku mupaka wa Tanzania n’u Burundi aho bivugwa ko bananyuze basubira inyuma.

48380636 2133482560047105 2373869346947596288 n

Komiseri mukuru w’abasukuti mu Burundi, Magnus Mahonda, yari yabanje gutangaza ko atazi impamvu abasukuti b’abagande batageze aho bari bategerejwe mu gihe nyamara babujijwe kurenga umupaka.

Uyu akaba yanemeje ko itsinda ry’abasukuti ryagombaga kuva mu Rwanda naryo rititabiriye rivuga ko rifite imbogamizi y’ingengo y’imari.

Iki gikorwa rero kikaba cyabashije kwitabirwa n’abasukuti bavuye muri Kenya, Tanzania, Sudani y’Epfo n’Abarundi.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *