Igitero cya grenade muri Komini Kirundo mu Ntara ya Kirundo mu majyaruguru y’u Burundi mu ijoro ryo kuwa gatatu ushize cyahitanye abantu bane bo mu muryango umwe abandi barakomereka.
Iyi grenade biravugwa ko yatewe ahagana saa mbiri z’ijoro mu rugo rwa kamwe mu dusozi two muri Komini Kirundo muri iyi ntara, ahari umubyeyi n’abana be barindwi bagizweho ingaruka n’iki gitero.
Uyu mubyeyi n’abana be babiri bahise bapfa, umwana wa gatatu aza gupfira ku bitaro nk’uko byatangajwe n’umuturanyi w’uyu muryango.
Umuyobozi w’Intara ya Kirundo, Jean Claude Miburo, nk’uko SosMedias dukesha iyi nkuru ivuga yavuze ko hakekwa ko iki gitero cyaba cyaturutse ku mpamvu z’amarozi.
Hagati aho umwe mu bakekwaho uruhare muri iki gitero yatawe muri yombi.


