Abantu batanu bishwe abandi batatu bakomeretswa n’amasasu mu gitero inyeshyamba za ADF zikomoka muri Uganda zagabye i Beni muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Ni igitero izi nyeshyamba zagabye mu ijoro ryo ku wa Gatandatu tariki ya 22 Ukuboza 2018, i Kipriani, mu gace kazwi nka Masianimu, KominiĀ Mulekera, Umujyi wa Beni, muri Kivu y’Amajyaruguru.
Nk’uko ikinyamakuru ActualiteCd, kibitangaza, ngo izi nyeshyamba zagabye igitero ahagana saa yine z’ijoro (22:00), umugore umwe n’abagabo bane barimo umusirikare wa Leta biricwa, ndetse n’intwaro uyu musirikare yari afite iribwa.
Izi nyeshyamba ngo zasahuye amatungo magufi n’amaremare mu gace zagabyemo ibitero.Abakomeretse barimo abana babiri n’umugore bagiye bakomeretswa n’amasasu ndetse n’amacumu barimo kuvurirwa muri serivisi yagenewe indembe mu bitaro bikuru bya Beni.
Inyeshyamba za ADF zikomoka muri Uganda, zikaba zimaze imyaka isaga 20 zikora ibikorwa by’ubunyeshyamba muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, by’umwihariko zikaba zishyirwa ku rutonde rw’imitwe y’iterabwoba ihangayikishije aka karere na Leta Zunze Ubumwe za Amerika ndetse n’Umuryango w’Abibumbye.
Ā


