Andry Rajoelina wigeze kuba Perezida wa Madagascar yongeye kugaruka ku butegetsi nyuma yo gutsinda igice cya kabiri cy’amatora y’umukuru w’igihugu yari amaze iminsi aba muri iki gihugu nk’uko ibyavuye mu matora byatangajwe kuri uyu wa kane bibigaragaza.
Komisiyo y’igihugu ishinzwe amatora muri iki kirwa kuri uyu wa kane, itariki 27 Ukuboza yatangaje ko Andry Rajoerina yatsinze Marc Ravalomanana, nawe wabaye perezida wa Madascar, bari bahanganye muri iki cyiciro cya kabiri mu matora yatangiye kuwa 19 Ukuboza 2018.
Imibare y’agateganyo y’ibyavuye mu matora yagiye ahagaragara ikaba yerekana ko Andry Rajoelina yatsinze ku majwi 55%, mu gihe uwo bari bahanganye, Ravalomanana, yabashije kwegukana amajwi 44.34%.
Hagati aho ariko Marc Ravalomanana ntiyatinze guhita yamagana iyi mibare atangaza ko amatora yabayemo ubujura burenze urugero.
Al Jazeera ikaba ivuga ko biteganyijwe ko ibyavuye mu matora ntakuka bizatangazwa mu minsi ine nubwo byitezwe ko Ravalomanana ashobora gusaba gusubiramo amatora.
Abaturage ba Madagascar 48% muri miliyoni 10 nibo biyandikishije ngo bazatore muri aya matora yari arimo agashya k’abahoze bayoboye igihugu bifuzaga gusubira ku butegetsi ari nabo bageze mu cyiciro cya nyuma hakavamo umwe ugaruka ku butegetsi. Rajoelina w’imyaka 44 akaba yari yarigeze kuyobora Madagascar kuva mu 2009 kugeza mu 2014 asimburwa na Hery Martial Rajaonarimampianina Rakotoarimanana.


