Burundi: Mu rugo rwa Gen. Pontien Gaciyubwenge hagabwe igitero

Sangiza iyi nkuru

Urwego rw’igihugu rushinzwe Iperereza mu Burundi (SNR) rwagabye igitero mu rugo rwa Gen. Gaciyubwenge Pontien wahoze ari Minisitiri w’Ingabo akaza guhungira i Burayi.

Abapolisi bakorera muri SNR bari bitwaje intwaro zikomeye, bagabye iki gitero muri uru rugo rwa Gaciyubwenge ruherereye i Kinindo (Mutsinda), mu mujyi wa Bujumbura, amakuru akavuga ko basahuye ibyari birimo byose.

SOS/Burundi itangaza ko aba bapolisi bari bayobowe n’umuyobozi muri aka gace, abayobora aho banyura kugera mu rugo kwa Gen. Gaciyubwenge.

Aba bapolisi ngo bari mu modoka za Pick-Up zisaga 10, bafite imbunda za Machine-gun, za Loketi,…bafunga imihanda igana muri urwo rugo n’abantu babuzwa guca izo nzira.

Abari basanzwe barinda urwo rugo ngo bafashwe barabohwa, abandi babona kubomora inzugi binjiramo imbere, ibyo basahuye babitwara muri izo modoka bari bajemo zifite ibirahure byijimye.

Abari basanzwe barinda iyi nzu ngo bajyanwe n’abo bapolisi, aho bajyanwe gufungirwa hakaba hataramenyekana.

Gen. Gaciyubwenge yari Minisitiri w’Ingabo mu Burundi kugeza muri Gicurasi 2015, ubwo hageragezwaga Kudeta (Coup ‘Etat), agashinjwa kutagira uruhare mu kuyihagarika, ari nabwo yahise ahungira i Burayi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *