Guverinoma y’igihugu cya Somalia yirukanye umudipolomate wo ku rwego rwo hejuru wakoreraga Loni muri iki gihugu. Uyu Munya-Afurika y’Epfo yari Intumwa y’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye kuva muri Nzeri, ndetse yari anahagarariye umukuru w’ubutumwa bw’ubutabazi muri Somalia.
Kuwa 30 Ukuboza uyu mudipolomate yari yandikiye Guverinoma ya Somalia ibaruwa ifunze asaba ibisobanuro ku bugizi bwa nabi bwagaragaye mu matora yabaye muri iki gihugu cyo mu ihembe rya Afurika hagati mu Ukuboza.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Somalia yatanze ibisobanuro agira ati: “ Nicholas Haysom ntashobora kongera gukorera muri Somalia .” Kuri Guverinoma ya Somalia, ngo uyu mudipolomate wa Loni kuri ubu nta kaze afite muri Somalia (persona non grata). Ubuyobozi bukaba busobanura ko uyu yarenze ku mahame agenga abadipolomate yivanga mu busugire bwa Somalia.
Itangazo ryashyizwe ahagaragara nta bisobanuro birenze ryatanze ariko ngo biragoye kubona ko ataba ari ukwihimura kubera iyo baruwa yandikiwe guverinoma kuwa 30 Ukuboza na Nicholas Haysom. Uyu mudipolomate muri iyo baruwa ngo akaba yaranenze imyitwarire y’ubutegetsi yabaye muri leta yo mu majyepfo y’uburengerazuba bwa Somalia hagati mu Ukuboza.
Yasabaga ibisobanuro nyuma y’itabwa muri yombi rya Mukhtar Robow, wari umukandida wahoze muri Al Shabab. Nicholas we akaba yaravugaga ko itabwa muri yombi rye bishoboka ko ryari rinyuranyije n’amategeko.
Nicholas kandi yagaragaje impungenge z’ingufu z’umurengera inzego z’umutekano zakoreshejwe mu guhangana n’imyigaragambyo yakurikiyeho, aho yasabaga guverinoma gutanga umucyo ku kuntu abasivili 17 bishwe.
RFI dukesha iyi nkuru isoza ivuga ko kugeza ubu ntacyo Loni iravuga kuri iki cyemezo cya Guverinoma ya Somalia, hakaba hasigaye kumenya niba ihitamo koroshya ibintu cyangwa bikarushaho gukomera.


