Umupasiteri wo mu gihugu cya Ghana, Owusu Bempa, mu kimaze kumenyerwa nk’ubuhanuzi atanga buri gihe mu ntangiriro z’umwaka, yongeye gushyira ahagaragara urutonde rw’abantu b’ingenzi mu gihugu avuga ko bazapfa muri uyu mwaka wa 2019 ariko bimugiraho ingaruka we n’itorero rye.
Mu bantu uyu mupasiteri yashyize ku rutonde rw’abagomba kuva mu Isi y’abazima mu mwaka wa 2019, harimo umuyobozi mukuru w’idini ya Islam muri Ghana, Sheikh Osman Nuhu Sharubutu bita ndetse leta ifata nka Imam wa Ghana.

Ubuhanuzi bwa Owusu bwagarutsweho cyane mu itangazamakuru no ku mbuga nkoranyambaga, ntibwakiriwe neza na bamwe barimo agatsiko k’insoresore z’abasilamu bivugwa ko kuri uyu wa Gatatu, itariki 02 Mutarama zagabye igitero ku itorero rya Pasiteri Owusu zimuziza ibyo yavuze mu buhanuzi bwe ko umuyobozi wabo atazarenza uyu mwaka wa 2019.

Inkuru dukesha Africanews ikaba ivuga ko abateye urusengero bangije ibikoresho byarwo birimo iby’umuziki, bakamenagura ibirahuri byarwo ndetse bakarandura ibyapa byari bishinze imbere y’urusengero.

Mu itangazo ryaje gushyirwa ahagaragara mu masaha akuze kuri uyu wa Gatatu,Imam akaba yahamagariye abantu gutuza, asaba n’urwo rubyiruko rw’abasilamu gukomeza ubumwe n’ubuvandimwe bimaze igihe hagati y’amadini yombi.


