Uganda: Indege ya Ethiopian Airlines yari iguye mu Kiyaga cya Victoria habura gato

Sangiza iyi nkuru

Indege ya Ethiopian Airlines B-737-800  yari iturutse Addis Abeba igana Entebbe muri Uganda kuri uyu wa Kane, itariki 03 Mutarama 2019 habuze gato ngo igwe mu Kiyaga cya Victoria nyuma yo kurenga aho yagombaga kugwa ho metero nkeya ubwo yururukaga.

Abagenzi n’abakozi b’indege bavuye mu ndege amahoro bajya aho bagenzurirwa bisanzwe. Nta kintu cyangiritse ku ndege kandi nk’uko itangazo ryashyizwe ahagaragara n’ubuyobozi bwa Ethiopian Airlines rivuga. Hagati aho hakaba hari hari gutegurwa indi ndege igomba kuvana abagenzi Entebbe ibajyana Addis Abeba.

Ethiopian Airlines ikaba yakomeje yisegura igira iti: “ Twiseguye ku bakiriya bacu b’agaciro, bari mu ndege kubera ibyabaye. Impamvu y’impanuka iri gukorwaho iperereza .”

Biravugwa ko ubwo iyi ndege yageragezaga kugwa yaguye mu gihe kibi bikarangira yarenze ikibuga ikagarukira mu byatsi bigikikije aho ubuyobozi bw’indege za gisivili buvuga ko buza gusohora itangazo mu masaha ari imbere.

Mu gihe bivugwa ko iki kibuga cy’indege cyangiritse aho indege zigwa hakaba nta ndege ishobora guhagurukaho cyangwa ngo igwe, Umuyobozi w’urwego rushinzwe indege za gisivili muri Uganda, Vianney Luggya we yabihakanye avuga ko kitangiritse.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *