Imashini zirindwi n’impapuro nyinshi zitatangajwe umubare zatoreweho, byatahuwe ku wa 2 Mutarama 2019, mu rugo rw’umwe mu bakozi ba Komisiyo Yigenga Ishinzwe Amatora muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo(CENI).
Izi mashini zafatiwe mu rugo rw’uyu mukozi, ahitwa Mambasa, mu Ntara ya Ituri. Perezida wa Sosiyeti Sivile muri aka gace akaba avuga ko ibi bikoresho byatahuwe ahagana saa moya z’ijoro, ubwo abaturage batunguraga uyu mukozi.
Bitangazwa ko izi mpapuro zari zarakoreshejwe mu gutora Kandida Perezida, Emmanuel Ramazani Shadary, ndetse na kandida Depute Abdallah pene Mbaka, wari Guverineri muri Ituri.
Perezida wa Sosiyeti Sivile i Mambasa, Assani Ngomba yagize ati “ Ni ahagana saa moya z’ijoro, nibwo abaturage binjiye ku ngufu mu nzu y’umukozi wa CENI bagiye bacyeka na mbere hose. Mu kwinjira, abaturage babonye imashini zirindwi zo gutora n’impapuro nyinshi zatoreweho umukandida w’ishyaka FCC, Ramazani Shadary n’umukandida Depite, Abdallah pene Mbaka,…”.
Yakomeje avuga ko ibi bikoresho byari byibwe babishyikirije polisi. Amanyanga yakoreshejwe mu matora yabaye ku wa 30 Ukuboza 2018, akaba atangiye kugaragara, mu gihe ku wa 6 Mutarama 2019, aribwo ibyayavuyemo bizatangazwa.


