Abahatanira ikamba rya nyampinga bazindukiye mu myitozo ngororamubiri- Amafoto

Sangiza iyi nkuru

Ku munsi wa gatatu w’umwiherero (boot camp) w’abakobwa 20 bahatanira ikamba rya nyampinga w’u Rwanda,  utangiranye n’imyitozo ngororamubiri, aho bacumbitse muri  Golden Tulip Hotel i Nyamata mu Karere ka Bugesera.

Mu masomo atandukanye ba nyampinga bahabwa, harimo agaruka ku muco nyarwanda, ndetse bagasubiramo imyiyereko itandukanye bazakora ku munsi wa nyuma w’irushanwa hakiyongeraho n’imyitozo ngororamubiri bakoreshwa n’umutoza wabo Girumugisha GaÑ‘l.

Isake zibika, ahagana saa kumi nimwe z’igitondo, aba bakobwa babyukira muri siporo yo kwiruka bagasoreza mu yo kugorora imitsi byose bigamije gukomeza kugira ubuzima buzira umuze.

Bitegnyijwe ko mu cyumweru cya kabiri cy’umwiherero  hazajya hasezererwa umukobwa umwe buri munsi, ku buryo umunsi wa nyuma uzagera hasigayemo 15 ari nabo bazatorwamo nyampinga w’ uRwanda 2019, tariki ya 26 Mutarama 2019.

batangiye ume9dd aaff2
Mwiseneza aba ari imbere no muri siporo

butaracya bab1dd 1b81e

girumugisha gaiol umutoza wabo 2194f
Girumugisha Gaёl umutoza wabo
miis
Siporo itangira butaracya neza
mis
Babanza guhabwa amabwiraza agenga umwitozo ugiye gukorwa
mis2
Banyuzamo bagasiganwa
miss
Basoreza mu kugorora bimwe mu bice by’umubiri

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *