Sinava mu gihugu bitewe n’uko byifashe-Perezida Kabila asubiza mugenzi we Kagame

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo (DRC), Joseph Kabila yatangarije Perezida w’u Rwanda akaba n’Umuyobozi wa Afurika Yunze Ubumwe ko atava mu gihugu cye ngo yitabire inama yamutumiyemo bitewe n’uko ibibazo bihari byifashe.

Perezida Kabila ntiyabashije kwitabira inama yahuzaga abakuru b’ibihugu muri Ethopia igamije kwiga ku bibazo bya Congo. Ni nyuma y’aho habayeho ukutumvikana ku byavuye mu matora y’umukuru w’igihugu.

Perezida Kagame yabwiye abari muri iyi nama nk’uko Chimpreports ibitangaza, ko yari yamenyesheje mugenzi we Kabila.

Ati “ Mu gutegura iyi nama, namenyesheje Perezida wa RDC. Namuhaye ubutumire. ” Yambwiye( Kabila) ko  ashaka kwitabira ariko ko kubera ibibazo bihari, ntiyabasha kuva mu gihugu.”

Perezida Kagame yavuze ko Kabila yamwemereye ko azohereza intumwa muri iyi nama ndetse akemeza ko icyemezo cyafashwe na mugenzi we cyafatwa nk’icyerekana uburyo ibiri kubera muri Congo kandi ko bigaragaza ko yiteze ubufasha kugira ngo ikigamijwe kigerweho.

Uyu mukuru w’igihugu kandi  yavuze Congo yiteze ko ibindi bihugu bizayifasha guhangana n’ibibazo biyugarije.

Ati “ Congo yiteze ko ibihugu by’ibituranyi n’ibindi byo ku mugabane bizafatanya nayo mu kuvuguta umuti w’ibibazo.”

Perezida Kagame kandi yamaganye ibihugu by’amahanga bishaka gusahurira mu nduru bikivanga mu kibazo cya Congo kubera inyungu zabyo.

[penci_related_posts taxonomies=”undefined” title=”Izindi nkuru wasoma” background=”” border=”” thumbright=”no” number=”4″ style=”list” align=”none” displayby=”recent_posts” orderby=”random”]

Komisiyo Yigenga Ishinzwe Amatora muri Congo yatangaje ko Felix Tshisekedi Tsilombo ari we watsinze amatora. Ibi umukandida w’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi, Martin Fayulu  yavuze ko amajwi yibwe.

Fayulu yagejeje ikirego mu rukiko rushinzwe itegeko nshinga anasaba ko habaho kongera kubarura amajwi.

 

 

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *