BURUNDI: abasirikare baherutse kwica bagenzi babo ntibarafatwa

Sangiza iyi nkuru

Umuvugizi w’igisirikare cy’Uburundi arabeshuza amakuru avuga ko abishe Lieutenant Colonel Darius Ikurakure, bamaze gufatwa. Gusa yemeza ko iperereza rigikomeje
Colonel Gaspard Baratuza avuga ko abantu bahitanye uwo musirikare ku wa kabiri hamwe n’abahitanye Major Didier Muhimpundu ku musi ukurikiyeho mu masaa moya n’igice z’ijoro kugeza ubu bataratabwa muri yombi.

abasirikare
Iperereza riracyakomeje mu basirikare b’u Burundi kugira ngo hamenyekane abari inyuma y’ubwicanyi buvugwa

Ikurakure yiciwe mu biro bikuru bya gisirikare n’umuntu wambaye imyenda ya gisirikare, ahita ahunga ako kanya.
Muhimpundu nawe yiciwe ku kabari yari yateramiyemo ari kwica akanyota. Yishwe nyuma y’aho umuntu amuhamagariye, akamusaba ko bahurira imbere y’akabare yarimo, aba ariho amurasira ahita ahunga ubwo.
Baratuza avuga abashinzwe iperereza kuri ubwo bwicanyi ry’ubwo bwicanyi bari gukora ibishoboka byose kugira ngo bashyire hanze abagize uruhare muri ubwo bwicanyi.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Alphonse Munyankindi / Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *