Burundi: FOREBU yigambye ko ari yo yishe Lt. Col. Ikurakure

Sangiza iyi nkuru

Umutwe wa FOREBU urwanya ubutegetsi bw’u Burundi uyobowe n’uwahoze mu gisirikare cy’u Burundi kuri uyu wa Gatandatu wigambye ko ari wo wishe Lt. Col. Darius Ikurakure muri iki cyumweru dusoza nk’uko uyu mutwe wabitangaje ku rukuta rwawo rwa twitter.

Ibyatangajwe n’uyu mutwe uvuga ko ugamije gukura perezida Nkurunziza ku butegetsi ngo bishobora kugaragariza amahanga ko ibibazo bya politiki biri mu Burundi biganisha mu ntambara yeruye aho gukemuka, mu gihe habarurwa abantu bagera kuri 400 bamaze kugwa muri ibi bibazo byatangiye muri Mata umwaka ushize ubwo perezida Nkurunziza yatangazaga ko aziyamamariza manda ya gatatu.

CZObylcUMAAQw2C1
Lt. Col. Darius Ikurakure

Lt. Col. Ikurakure yarasiwe muri etat major y’ingabo z’u Burundi kuri uyu wa kabiri ushize ahita yitaba Imana nyuma yo kuraswa n’umwicanyi wari wambaye impuzankano y’ingabo z’u Burundi nk’uko byatangajwe n’igisirikare.

“Twasezeranyije abaturage kubarinda. Turi mu kazi. Ntabwo tuzahagarara kugeza ubutumwa (Mission) burangiye”, ibyo ni ibyatangajwe na FOREBU kuri twitter yayo. Abanyamakuru bakaba bemeje ko iyo konti koko ari yo FOREBU ikoresha.

Forebu yakomeje avuga ko abiyemeje ibyo bintu ari bo bari inyuma y’igikorwa cyahitanye Lt. Col. Ikurakure, ikomeza ivuga ko bazabona n’abandi vuba iyi ari intangiriro.

Reuters iravuga ko bitayishobokeye kuvugana n’abakuriye uyu mutwe bivugwa ko ukuriwe na Gen. Godefroid Niyombare ngo bagire icyo bavuga ku byagaragaye ku rukuta rwabo rwa twitter. Uyu Gen. Niyombare akaba ari we wari ukuriye abashatse guhirika Nkurunziza ku butegetsi muri Gicurasi 2015.

Ku rundi ruhande, guverinoma y’u Burundi yari yatangaje muri iki cyumweru dusoza ko yabonye imbunda yakoreshejwe mu kwica Lt. Col Ikurakure, ikomeza ivuga ko ikomeje no gukurikirana uwo mwicanyi.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *