RDC: Imirwano irimo kuvuza ubuhuha hagati ya FARDC n’inyeshyamba zo muri Uganda

Sangiza iyi nkuru

Kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 21 Mutarama 2019, abasirikare ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo barimo kurasana n’inyeshyamba za ADF zikomoka muri Uganda.

Ni imirwano irimo kubera i Mapobu, muri Teritwari ya Beni, umuvugizi w’ingabo za Congo ziri mu bikorwa bise Sokolo 1 byo kugaba ibitero ku nyeshyamba, Capt Mak Hazukay  avuga ko izi nyeshyamba arizo zagabye igitero kuri FARDC, imirwano ikaze itangira ubwo bazisubiza inyuma.

Yagize ati “Abanzi batwatakanye ubugome bwinshi ku birindiro byacu i Mapobu kuva saa kumi n’imwe n’igice (05:30) hari abasirikare ba FARDC bageragezaga kuzisubiza inyuma, kugeza ubu tuvugana imirwano irakomeje”.

Nk’uko Radiyo Okapi dukesha iyi nkuru ikomeza ibitangaza, Capt. Mak Hazukay akomeza avuga ko hari abandi basirikare ba Congo bagiye gutanga ubufasha, ati “Imitwe yose y’ingabo iri muri aka gace yinjiye muri uru rugamba, ni intambara yagutse cyane”.

Akomeza avuga ko aka gace kahoze mu maboko y’izi nyeshyamba ndetse ko zikazi bihagije, bityo bagakeka ko zagabye igitero gikomeye zigamije kongera kukigarurira dore ko zari zarakambuwe na FARDC umwaka ushize.

Inyeshyamba za ADF zikomoka muri Uganda, zimaze imyaka isaga 20 mu mashyamba ya Congo, zikaba zishinjwa kujujubya abaturage cyane cyane abo mu gace ka Beni, zibica, kubashimuta, gusahura ibyabo,…

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *