Perezida Kagame ayoboye urutonde rw’abantu 127 bazavamo 100 bigaragaje mu 2016

Sangiza iyi nkuru

Ikinyamakuru The Time cyo mu Bwongereza cyashyize ahagaragara urutonde,ruyobowe na perezida Kagame, rw’abantu 127 b’ibikomerezwa ku Isi mu nzego zitandukanye bagomba gutoranywamo 100 baranze uyu mwaka wa 2016.

Muri uyu mwaka, urwo rutonde rugizwe n’abakuru b’ibihugu, abahanga muri siyansi n’ikoranabuhanga, inararibonye mu bugeni n’abandi bigaragaza muri iki gihe.

Time-100-poll-Paul-Kagame
Kagame niwe perezida ukurikirwa kurusha abandi kuri twitter muri Afurika

Mu gihe abanditsi bakuru ba The Time ari bo bagena uzagirwa “umuntu w’umwaka”, cyifuje kumenya mu bagikurikirana abantu bakwiriye kuba bararanze uyu mwaka muri urwo rutonde.

Mu bantu ijana bazatoranywamo umuntu w’umwaka, muri Afurika hajemo Perezida Kagame na Denis Mukwege, umuganga wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Perezida Kagame uza ku mwanya w’imbere mu bantu 127 bazatoranywamo uwa mbere ndetse n’100 baranze umwaka, niwe mukuru w’igihugu muri Afurika ukurikiranwa n’abantu benshi kuri twitter babarirwa muri Miliyoni n’ibihumbi Magana ane.

Ushaka gutora waca hano

http://time.com/4264746/2016-time-100-poll/vote/92/?xid=time-100-poll-2016

Biteganyijwe ko gutora bizarangira ku isaha ya saa 11:59 kuwa 10 Mata, mu gihe umuntu uzaza ku mwanya wa mbere azatangazwa kuwa 14 Mata naho urutonde rw’abantu 100 babaye indashyikirwa muri 2016 rukazatangazwa kuwa 21 Mata.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *