Ikinyamakuru The Time cyo mu Bwongereza cyashyize ahagaragara urutonde,ruyobowe na perezida Kagame, rw’abantu 127 b’ibikomerezwa ku Isi mu nzego zitandukanye bagomba gutoranywamo 100 baranze uyu mwaka wa 2016.
Muri uyu mwaka, urwo rutonde rugizwe n’abakuru b’ibihugu, abahanga muri siyansi n’ikoranabuhanga, inararibonye mu bugeni n’abandi bigaragaza muri iki gihe.

Mu gihe abanditsi bakuru ba The Time ari bo bagena uzagirwa “umuntu w’umwaka”, cyifuje kumenya mu bagikurikirana abantu bakwiriye kuba bararanze uyu mwaka muri urwo rutonde.
Mu bantu ijana bazatoranywamo umuntu w’umwaka, muri Afurika hajemo Perezida Kagame na Denis Mukwege, umuganga wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Perezida Kagame uza ku mwanya w’imbere mu bantu 127 bazatoranywamo uwa mbere ndetse n’100 baranze umwaka, niwe mukuru w’igihugu muri Afurika ukurikiranwa n’abantu benshi kuri twitter babarirwa muri Miliyoni n’ibihumbi Magana ane.
Ushaka gutora waca hano
http://time.com/4264746/2016-time-100-poll/vote/92/?xid=time-100-poll-2016
Biteganyijwe ko gutora bizarangira ku isaha ya saa 11:59 kuwa 10 Mata, mu gihe umuntu uzaza ku mwanya wa mbere azatangazwa kuwa 14 Mata naho urutonde rw’abantu 100 babaye indashyikirwa muri 2016 rukazatangazwa kuwa 21 Mata.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com


