Umunyamakuru wa Radio na Televisiyo byo muri Afurika y’Epfo, Samora Mangesi yatangaje ko yakubiswe n’agatsiko k’abazungu ku wa gatanu w’icyumweru cyashize, azira ko ari umwirabura.
Uyu munyamakuru abicishije ku rubuga rwe rwa Twitter kuri uyu wa 13 Werurwe, yatangaje ko yaparitse imodoka ye kugira ngo afashe abazungu bari bafite ikibazo cy’imodoka yabo yari yapfuye.
Samora yashyize kuri uru rubuga amafoto agaragaza ibikomere byuzuye amaso. Yavuze ko we na bagenzi be babiri biswe ‘inkende’.
Bababajije impamvu babatuka, bahise babakubita mpaka ‘batakaje ubwenge’ nk’uko Samora yabitangaje.
Yongeraho kandi ko atibuka uburyo yashyizwe mu modoka itwara abarwayi(ambulance) n’igihe yagereye ku bitaro nk’uko BBC ibitangaza.
Uyu munyamakuru asanzwe akorera Radio na Televiziyo ya ABC muri iki gihugu.
Byinshi ku makuru Samora yatanze abicishije kuri Twitter:


