Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge rwategetse ko Dr.Rose Mukankomeje, Umuyobozi w’ikigo cy’u Rwanda gishinzwe kurengera ibidukikije, REMA, afungwa by’agateganyo iminsi 30 nyuma yo gusanga uburemere bw’ibyaha aregwa bitamwemerera kuburana ari hanze.
Ubwo hatangiraga kuburana ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo mu Rukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, Ubushinjacyaha bwamenyesheje Dr.Mukakomeje ko ashinjwa Ubufatanyacyaha mu kumena amabanga y’akazi, gusibanganya ibimenyetso no gusebya inzego za leta.
Ni ibyaha Ubushinjacyaha buvuga ko yakoreye mu biganiro yagiranye n’uwitwa Bisamaza Prudence mu bihe bitandukanye, uyu akaba ari rwiyemezamirimo ufite ikigo gikorana na REMA mu kurwanya ko amashashi yinjira mu Rwanda.
Ubushinjacyaha bwavuze ko mu gihe inzego zibishinzwe zakoraga iperereza ku byaha bya ruswa byakekwaga ku bayobozi b’Akarere ka Rutsiro bijyanye n’amasoko yatanzwe, hari abantu baketswe barimo na Bisamaza, bacaga mu nzego zose bashakisha uburyo abo bayobozi barekurwa byanashoboka bagacikishwa, bityo hashyirwaho uburyo bwo gushakisha abashaka gutuma ibi byaha bidakurikiranwa.

Ruberwa Bonaventure, Umushinjacyaha ku rwego rw’igihugu, yaje gutanga uburenganzira bwo kumviriza telefoni ya Bisamaza n’uwitwa Twagirayezu Sosthene.
Uku kumvirizwa kw’iyi miyoboro y’itumanaho ririmo irya Bisamaza Prudence kwatumye mu biganiro hagati ye na Dr Mukankomeje nk’uko amajwi yakinwe mu rukiko abyumvikanisha, humvirijwe Mukankomeje amuburira ko ari gukurikiranwa ndetse ngo n’ibiganiro bye kuri telefoni bikumvirizwa.
Muri ayo majwi hari aho Dr.Mukankomeje yabwiye Bisamaza ko “abo bantu basaze ibyaha by’ubujura barabihagurukiye”, aha ubushinjacyaha bugahamya ko abiswe abasazi yavugaga ari abantu bo ku Rwego rw’Umuvunyi, kuko ari bo bari baratangiye gukurikirana iki kibazo.
Ku bw’ibyo Ubushinjacyaha bumushinja Ubufatanyacyaha mu kumena amabanga y’akazi, gusibanganya ibimenyetso no gusebya inzego za leta n’ubwo Dr.Mukankomeje we ahakana ibyaha byose aregwa, akemera ko ijwi ryumvikanishijwe mu rukiko ari irye koko.
Ibi byaha Ubushinjacyaha buvuga ko biremereye, ni byo bwahereyeho bumusabira gufungwa iminsi 30 y’agateganyo, mu gihe bugikomeje gukusanya ibindi bimenyetso mbere y’uko urubanza rutangira kuburanishwa mu mizi.
Mu isomwa ry’imyanzuro y’urubanza ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo rya Dr.Mukankomeje ryabaye kuri kuri uyu wa Gatanu, Urukiko rwavuze ko rushingiye ku kuba uregwa yemera ko amagambo yo kuri Telefoni yumvikanishijwe mu Rukiko ari aye, kandi hakaba hari aho yayavanye na n’ubu hataramenyekana mbere yo kuyabwira Bisamaza amuburira;
Rushingiye kandi ku kuba ubushinjacyaha bwarasabye kutamurekura kuko ashobora gutoroka ubutabera cyangwa agasibanganya ibimenyetso; runashingiye ku kuba amakuru Dr.Rose Mukankomeje yabwiye Bisamaza yaratumye uyu acika ubutabera akaba atarafatwa;
Rushingiye no ku kuba ibyaha akurikiranyweho birimo n’icyo gusebya inzego za leta, ngo izi mpamvu zose zatumye rufata umwanzuro wo kuba Dr.Rose Mukankomeje aba afunzwe by’agateganyo iminsi 30, mu gihe ubushinjacyaha bugishakisha ibimenyetso bisumbyeho.
Urukiko rwavuze ko inyito z’ibyaha ubushinjacyaha buregamo Dr.Rose Mukankomeje zizamenyekanishwa neza mu iburanisha ry’urubanza mu mizi.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Alphonse Munyankindi / Bwiza.com


