RDC: Perezida yahagaritse ibyavuye mu matora y’abasenateri asubika n’andi yari ateganyijwe

Sangiza iyi nkuru

Perezida Felix Tshisekedi wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, kuri uyu wa Mbere yafashe icyemezo cyo kuba ahagaritse by’agateganyo ibyavuye mu matora y’abasenateri yabaye kuwa Gatanu w’icyumweru gishize, itariki 15 Werurwe.

Mu nama yagiranye n’abakuriye inzego zose ziyobora igihugu, Perezida Tshisekedi yanahagaritse amatora y’abakuru b’intara yari ateganijwe kuba kw’itariki ya 27 Werurwe.

Impamvu y’ibi nk’uko tubikesha BBC, ngo ni ibirego bya ruswa byatumye haba imyigaragambyo mu mpande nyinshi z’igihugu.

Ni icyemezo cyatangajwe na minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu Basile Olongo nyuma y’inama Perezida Tshisekedi yagiranye n’inzego zitandukanye. Uyu muyobozi akaba yasobanuye ko icyemezo cyafashwe kubera impamvu za ruswa yavuzwe muri ayo matora.

Abatavuga rumwe n’ihuriro FCC riyobowe n’uwahoze ari perezida w’iki gihugu, Joseph Kabila, bemeza ko hari abadepite bahawe bituga ukwaha y’amadolari agera mu 50,000 kugirango batore abo muri iri huriro.

Iri huriro FCC muri aya matora rikaba ryaregukanye 2/3 by’imyanya 109 igize Senat ya Congo. Perezida Tshisekedi akaba yanasabye ko hakorwa iperereza uzahamwa n’iki cyaha cya ruswa akazahanwa by’intangarugero.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *