Perezida Nkurunziza w’u Burundi yatsinzwe mu rubanza aregamo Umunyamategeko w’Umubiligi, Bernard Maingain, Umwanditsi w’Umurundi, David Gakunzi ndetse na Televiziyo France 3, ashinja kumuharabika.
Mu 2015 ubwo ibintu byari bikomeye mu Burundi, by’umwihariko mu murwa mukuru Bujumbura, uyu munyamategeko wakunze kunenga manda ya gatatu ya Perezida Nkurunziza yaje kwakira amafoto agaragaza ubwicanyi bwari burimo burakorwa.
Nyuma yaje kubona video y’ubwicanyi byavuzwe ko bwari buri gukorerwa ahitwa Karuzi mu Burundi, aho ngo abatavuga rumwe n’ubutegetsi bari bibasiwe, agereranya ubwo bwicanyi na jenoside, ariko nyuma yo gusuzuma iyo video bigaragara ko ururimi rwavugwaga n’abayigaragaramo ari Igi-Haussa kivugwa mu burengera bwa Afurika.
Ku itariki 24 Mutarama 2019 bagejejwe imbere y’urukiko rwo mu Mujyi wa Paris kubera icyaha bashinjwa cyo gusebanya, nyuma y’inkuru bakoze ku Burundi yatambutse kuwa 13 Mutarama 2016 kuri France 3, aho bagomba gusubiza ibirego bibashinja guharabika Perezida w’u Burundi, Pierre Nkurunziza
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 5 Mata 2019, urukiko rw’i Paris mu Bufaransa rwasomye urubanza rutangaza ko nta cyaha rubona cyo guharabika abaregwa bakoze mu bice byose byari byerekanwe n’uruhande rurega.
Urukiko rwimye amatwi ibyari byasabwe n’uruhande ruregwa, rwasabaga urukiko rutakira iki kirego. Urukiko ruvuga ko kuba Perezida Nkurunziza yararuregeye ntaho byabangamira ubwisanzure bwo gutanga ibitekerezo nk’uko abaregwa bari babitangaje.
Rwasanze kandi atari ngombwa ko urega agera mu rukiko kubashinja nk’uko babisabaga, kuko ngo bishobora gutinza urubanza. Gusa uruhande rw’urega rufite uburenganzira bwo kujurira.
Nk’uko BBC ibitangaza, ngo urubanza rwasomwe mu mwanya muto cyane, urukiko rumaze guhamagaza impande zombi.
Urukiko rwabanje kuhamagara abaregwa maze hitaba umunyamakuru Luc Lagun Bouchet wa TV France 3 naho abandi babiri bahagarariwe n’umunyamategeko ubunganira,Me Leon Foster.
Urukiko rwatangaje ko nta cyaha rusanga gihama abaregwa uko ari batatu. Rwatangaje ko nta kigaragaza ko uwareze yasebejwe haba mu magambo yakoreshejwe n’umunyamakuru, amashusho yakoreshejwe cyangwa amagambo y’umutumirwa we.
Urukiko rutangaza ko iyo nkuru yatunganijwe n’umunyamakuru Luc Lagun Bouchet igaragara nk’iyakozwe ku nyungu za benshi muri rusange.
Rusanga kandi gusubiramo amagambo ku bwicanyi bwavuzwe muri iyo nkuru bwakorwaga mu Burundi yari mu byegeranyo bya Loni ndetse n’umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, ko kwari ukurengera umurongo wo gutanga igitekerezo mu bwisanzure.
Ibiri muri ibyo byegeranyo byasubiwemo n’umwanditsi David Gakunzi, ngo nibyo ababuranira perezida Nkuruziza bashingiyeho bamurega ubufatanyacyaha mu kwanduza isura ye.
Gakunzi akurikiranweho kuba yaragize ibyo avuga kuri iyi video, avuga ko buri munsi mu Burundi abasore bashimutwa bagakorerwa iyicarubozo, nyuma bakicwa kandi ngo bigakorwa n’Imbonerakure n’abashinzwe kurinda Perezida Nkurunziza.
Inkuru bifitanye isano : KANDA HANO UYISOME
Abaregwa bizeye badashidikanya ko Perezida Nkurunziza wunganirwa na Me Arthur Verecken na Me Delphine Meillet atazajurira, mu gihe agifite igihe cyo kuba yajuririra iki cyemezo cy’urukiko.


