Kenya: Imiryango ikennye yugarijwe n’inzara

Abakomoka mu miryango ikennye muri Kenya bugarijwe n’ikibazo cy’inzara ikabije kubera igabanuka ry’imvura n’ubuke bw’ ibyo kurya. Ibyo bikaba bigira uruhare mu izamuka ry’ibiciro bitoroheye Abanyakenya benshi. Iki kibazo kikaba cyibasiye cyane abatuye mu byaro bakorera amafaranga make ndetse n’abatuye mu kajagari mu migi. Nk’uko byemejwe n’abashizwe iby’ubumenyi bw’ikirere, ibice byinshi byo muri Kenya bizakomeza […]

DRC: Ebola imaze guhitana abarenga 700

  Icyorezo cya Ebola gikomeje guhitana abantu benshi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho kugeza ubu kimaze guhitana abarenga 700 kuva icyi cyorezo cyagera muri Congo mu kwezi kwa Kanama 2018. Minisiteri y’ubuzima muri iki gihugu yatangaje ko Umubare w’abahitanwe n’iki cyorezo ukomeje kwiyongera aho mu byumweru bitatu gusa, Ebola yahitanye abarenga 100 , […]

Abakuru b’ibihugu n’Abaminisitiri baje kwifatanya n’Abanyarwanda mu ‘Kwibuka 25’

Ku munsi w’ejo, tariki ya 7 Mata, Abanyarwanda n’isi yose turaba twibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, ku nshuro ya 25. Abayobozi batandukanye baturuka hanze y’u Rwanda, baje kwifatanya n’Abanyarwanda muri iki gikorwa. Uyu munsi, ku wa 6 Mata, Perezida wa Niger, Mahamadou Issoufou, Minisitiri w’Intebe w’Ububiligi, Charles Michel, Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, […]

Amajyaruguru: Abagabo n’abagore barashinjanya kuba intandaro y’amakimbirane mu miryango

Abagabo n’abagore mu Ntara y’Amajyaruguru baritana ba mwana abagore bashinja abagabo kuba ba nyirabayazana b’amakimbirane mu miryango akomeje kugaragara muri iyi ntara mu gihe abagabo bo babashinja kumva nabi ihame ry’uburinganire. Abagore barashinja abagabo kuba intandaro y’amakimbirane mu miryango, abagabo nabo bakavuga ko abagore bumvise ihame ry’uburinganire nabi bikaba bituma barengera bakanashaka gutegeka abagabo no […]

Nta kigero cy’ihakana cyahindura ibyabaye- Min.w’Ubutabera wa Gambia

Min. w’Ubutabera wa Gambia, Ba Tambadou atangaza ko uko ihakana n’ipfobya rya Jenoside yakorewe Abatutsi ryangana kose ntacyo byahindura ku kuba yarabaye kandi isi yose ikaba ibizi. Ibi uyu  muyobozi wabaye n’Umushinjacyaha mu Rukiko Mpanabyaha Rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) yabitangarije abantu 500 bari bitabiriye inama mpuzamahanga yigaga kuri jenoside kuri uyu wa Gatanu. Min. Tambadou […]

Perezida Nkurunziza yakiriye umuryango wa Ntaryamira wicanwe na Habyarimana Juvenal

Mu gihe Abarundi bibuka kuri iyi tariki ya 6 Mata, urupfu rwa Perezida wabo, Ntaryamira Cyprien wiciwe mu Rwanda, umukuru w’igihugu Pierre Nkurunziza yakiriye uwari umugore we n’abana be. Nk’uko byatangaje na Perezidansi y’u Burundi, Perezida Nkurunziza yakiriye umupfakazi wa Ntaryamira, abakobwa be babiri ndetse n’umwuzukuru umwe, ngo akaba yabakomeje muri ibi bihe bibuka umubyeyi […]

Gasabo: Babiri bakekwaho kuba mu gatsiko k’abajura ba za moto batawe muri yombi

Abantu babiri, kuri uyu wa Gatanu itariki 05 Mata, batawe muri yombi na polisi bavugwaho kuba mu gatsiko k’abajura ba za moto mu Murenge wa Gisozi, mu Karere ka Gasabo. Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, CIP Marie Goretti Umutesi yavuze ko abatawe muri yombi ari Jean Nshimiyimana n’undi witwa Niyonsenga bakunze kwita Rukara. […]

RDC: Umuyobozi w’inyeshyamba yafashwe na FARDC amaze kuraswa

Umuyobozi w’inyeshyamba za Raia Mutomboki, Masudi Alimasi Kokodiko, zishinjwa gufata abagore n’abakobwa ku ngufu yafashwe n’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC). Nk’uko byemezwa n’umuvugizi w’igisirikare cya Congo,  Capt. Dieudonne Kasereka, avuga ko Masudi Alimasi Kokodiko, yayoboraga inyeshyamba za Raia Mutomboki, yafatiwe ahitwa i Shabunda mu Ntara ya Kivu y’amajyepfo ku wa kabiri w’iki […]

Isezerano ry'Imana ntiribura gusohora kubera uko uteye

Zakariya abaza marayika ati ” ibyo nzabibwirwa n’iki, ko ndi umusaza n’umugore wanjye akaba ari umukecuru?” Aya magambo aboneka mu gitabu cy’inkuru nziza nkuko cyanditswe na Luka 1:18, aho Zakariya yagaragarizaga marayika w’Imana ugushidikanya gukomeye ubwo yari amaze kumugezaho isezerano ry’uko azabyara Yohani. Uko gushidikanya kwa Zakariya kwarimo kwizera guke kandi wasuzuma neza ukaba wabona […]

Igipolisi cya Tanzania cyemeje ko kimaze kwica Abarundi 24

Igipolisi cya Tanzania, mu Karere ka Kigoma, gitangaza ko kimaze kwica Abarundi 24 bashinjwa ibyaha, binjiraga ku butaka bw’iki gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Aba barundi 24 ngo bishwe mu mikwabo inzego z’umutekano za Tanzania zakoze mu mashyamba ari ku mupaka, aho ihana imbibi n’u Burundi. Uyu mukwabo ukaba warakozwe mu gihe hari abantu bitwaje […]

Umugore wari urembejwe n’inkari, yanyaye muri Banki Nkuru y’igihugu

Umugore utatangajwe amazina yihagaritse muri Banki Nkuru yo muri Afurika y’Epfo, nyuma yo kumara igihe kirekire ategereje guhabwa serivisi. Uyu mugore asobanura icyamuteye kunyara muri Banki, yagize ati “Nagerageje gusunika, isaha yose yashize ngerageza, ubwiherero bwari bufunze”. Uyu mugore wamanuye ikariso akanyara ahagaze muri iyi banki, ahagatiye imyenda yo hasi yari yambaye n’isakoshi ye, avuga […]

U Rwanda rwaje mu bihugu 10 byambere ku isi byateje ubukerarugendo imbere muri 2019

  U Rwanda rwaje ku mwanya wa gatandatu(6) ku isi mu guteza imbere urwego rw’ubukerarugendo mu buryo bwihuse muri 2019. Nk’uko tubikesha raporo y’ikigo gishinzwe ibijyanye n’ingendo n’ubukerarugendo ku isi cyitwa World Travel and Tourism Council , igihugu cya Ethiopia nicyo kiyoboye ibindi ku isi mu guteza ubukerarugendo imbere muri 2019 naho Uganda iza ku […]

Umugande yareze u Rwanda mu rukiko

Umuturage wa Uganda, Steven Kalali yareze u Rwanda mu rukiko rw’Ubutabera rw’Akarere ka Afurika y’Iburasirazuba ku cyaha yise icyo gufunga imipaka bitemewe mu gihe gisaga ukwezi. Kuwa 28   Gashyantare 2019 u Rwanda rwatangaje ko   ku mupaka wa Gatuna hari gukorerwa imirimo y’ubwubatsi ko amakamyo aremereye yakoresha indi mipaka. Ibi Uganda yabifashe nko gufunga […]

Amerika yatesheje agaciro visa ya Fatou Bensouda kubera iperereza yatangije

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatesheje agaciro visa y’Umushinjacyaha Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, Fatou Bensouda, nyuma y’uko uyu atangije mu buryo butunguranye iperereza ku byaha byakorewe muri Afghanistan n’abasirikare b’Abanyamerika. Nyuma yo kunengwa n’abatari bacye guhanagura ibyaha ku wahoze ari Perezida wa Cote d’Ivoire, Laurent Gbagbo n’Umunyekongo Jean Pierre Bemba, kuri ubu Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha […]

Ubuhinde: Umwana yahembwe nk'intwari nyuma yo kuvuna inkoko akayijyana kwa muganga

Derec Lalchhanhima, umwana w’imyaka 6 mu gace ka Mizoran mu Buhinde yajyanye umushwi kwa muganga nyuma yo kuwukomeretsa, ahabwa igihembo ku bw’umutima mwiza. Ni inkuru yasakaye kuri murandasi kuri uyu wa 5 Mata, ivuga ku gihembo(certificat) uyu mwana yahawe nyuma ko kugaragaza umutima wo gutabara umushwi wavunitse awirukaho, yifashishije amafaranga ababyeyi bamuhaye ngo ayagure icyo […]

Paris: Perezida Nkurunziza yatsinzwe mu rubanza yaregagamo abamushinje ubwicanyi

Perezida Nkurunziza w’u Burundi yatsinzwe mu rubanza aregamo Umunyamategeko w’Umubiligi, Bernard Maingain, Umwanditsi w’Umurundi, David Gakunzi ndetse na Televiziyo France 3, ashinja kumuharabika. Mu 2015 ubwo ibintu byari bikomeye mu Burundi, by’umwihariko mu murwa mukuru Bujumbura, uyu munyamategeko wakunze kunenga manda ya gatatu ya Perezida Nkurunziza yaje kwakira amafoto agaragaza ubwicanyi bwari burimo burakorwa. Nyuma […]

RDC: Abantu 10 barimo abasivili babiri baguye mu mirwano hagati y’inyeshyamba

Abantu bagera ku 10 barimo abasivili babiri nibo bivugwa ko baguye mu mirwano yahuje kuwa Kane ushize inyeshyamba za NDC/RĂ©novĂ© zifatanyije na Nyatura zihanganye n’inyeshyamba zo mu mutwe wa APCLS w’uwitwa Janvier Kalahiri. Ni imirwano yabereye ahitwa Rukenge, muri Lukweti, muri groupement ya Bashali Mukoto, ho muri Teritwari ya Masisi nk’uko Radio Okapi dukesha iyi […]

Nyarugenge: Umugabo yafatanwe ibikoresho yifashishaga mu gukora amafaranga y'amiganano

Kuri uyu wa 05 Mata, Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Nyarugenge mu murenge wa Kigali yafatanye Bikorimana Fulgence ibikoresho bitandukanye yifashishaga akora amafaranga y’amiganano. Bimwe muri ibyo bikoresho uwo mugabo ukomoka mu karere ka Rutsiro mu murenge wa Kivumu yafatanwe bigizwe na wino, akamashini kamufasha kuyakora, ipamba yifashisha ayahanagura n’urundi rusobe rw’imiti yifashisha […]