Byibuze abagore 12 mu nkambi y’impunzi z’Abarundi ya Nduta, mu gihugu cya Tanzania, bafashwe ku ngufu mu gihe kitarenze icyumweru.
Kuva mu mpera za Werurwe kugeza ku itariki 07 Mata, byibuze ngo abagore 12, barimo abakobwa bakiri bato babiri; uw’imyaka 14 n’uw’imyaka 15, bafashwe ku ngufu mu Nkambi ya Nduta. Nubwo ababafashe ku ngufu batazwi, impunzi zemeza ko aria bantu bitwaje intwaro bavuga Ikirundi.
Amakuru dukesha SOS Medias Burundi, aravuga ko ku itariki 31 Werurwe, abakobwa babiri batuye muri zone ya 7 mu Nkambi ya Nduta bafashwe ku ngufu. Umutangabuhamya ati: “Baguye mu gatsiko k’abantu bitwaje intwaro, hafi y’igiturage cya Muhasha.”
Aba bana b’abakobwa bavanwe aho bafatiwe n’abasivili barinda iki giturage bazwi nka “Wanamugambo” babasubiza mu nkambi.
Ku itariki 02 Mata, abagore batanu nabo bafashwe ku ngufu. Mbere yaho abandi bagore barindwi b’Abarundikazi bari bakiriwe mu bitaro nabo ku mpamvu nk’izi.
Ibizamini byo kwa muganga byakorewe mu bitaro by’Abaganga batagira umupaka (MSF) byemeza ko aba barundikazi basambanyijwe ku gahato nk’uko bamwe mu Barundi bavuganye n’itangazamakuru babyemeza.
Amakuru akaba avuga ko mu shyamba rya Nyangwa ritandukanya inkambi ya Nduta n’igiturage cya Muhasha, harimo abantu bitwaje intwaro bavuga Ikirundi bikekwa ko ari bo bakora ibi byaha. Aba bafashwe ku ngufu bose bakaba barafatwaga basohotse inkambi bagiye gushaka inkwi mu iryo shyamba riri hafi y’inkambi.
Impunzi zikaba zinavuga ko abandi bantu bane babaga baherekeje abafashwe bagerageje kubatabara bikarangira bishwe n’abo bagizi ba nabi. Ni muri urwo rwego zisaba HCR n’Igipolisi cya Tanzania kubacungira umutekano nubwo abakuriye inkambi ngo bagiye babuza impunzi kwirinda kujya muri iryo shyamba.


