Abanyamategeko b’Abanyarwanda batanu batawe muri yombi mu 2018 basabye ko abakiriya babo barekurwa cyangwa se bagashyikirizwa urukiko niba hari icyo bashinjwa.
Aba banyamategeko bo mu nzu iburanira abantu yitwa ‘Thomas and Michael Advocates’ basabye ko aba Banyarwanda barekurwa.
Aba Banyarwanda batawe muri yombi ni Eric Rugorotsi wabuze kuwa 25 Ukwakira 2018, David Twahirwa wabuze kuwa 15 Ukwakira 2018, Theoneste Twahirwa wabuze kuwa 28 Werurwe 2018, Asiimwe Appolonaire wafatiwe Mubende akabura 7 Mata 2019 na Deus Gasana wabuze kuwa 3 Mata 2019.
Umunyamategeko Tegulle Gawaye yabwiye Chimpreports dukesha iyi nkuru kuri uyu wa mbere ko urukiko rwasabye ko aba Banyarwanda bafungurwa ariko inzego z’umutekano zikaba ntacyo zibikoraho.
Ati “ Ntitwavuga ko abakiriya bacu nta cyaha bafite, icyo dushaka ni iyubahirizwa ry’amategeko. Niba hari icyaha bakurikiranweho, nibagezwe mu rukiko niba atari ibyo, nibarekurwe.”
[penci_related_posts dis_pview=”no” dis_pdate=”no” title=”Izindi nkuru wasoma” background=”” border=”” thumbright=”no” number=”4″ style=”list” align=”none” withids=”” displayby=”recent_posts” orderby=”rand”]
Ibi bitangajwe nyuma y’aho Umucamanza mu Rukiko rw’Ikirenga rwa Uganda, Henritta Wolayo kuwa 17 Mata 2019 atanze uburenganzira bufungura Eric Rugorotsi na David Twahirwa ariko inzego z’umutekano zabyimye amatwi.


