Inzego z’umutekano za Uganda zanze kurekura Abanyarwanda batanu bari baraburiwe irengero

Sangiza iyi nkuru

Abanyamategeko b’Abanyarwanda batanu batawe muri yombi mu 2018 basabye ko abakiriya babo barekurwa cyangwa se bagashyikirizwa urukiko niba hari icyo bashinjwa.

Aba banyamategeko bo mu nzu iburanira abantu yitwa ‘Thomas and Michael Advocates’ basabye ko  aba Banyarwanda barekurwa.

Aba Banyarwanda batawe muri yombi ni Eric Rugorotsi wabuze kuwa 25 Ukwakira 2018, David Twahirwa wabuze kuwa 15 Ukwakira 2018, Theoneste Twahirwa wabuze kuwa 28 Werurwe 2018, Asiimwe Appolonaire wafatiwe Mubende akabura 7 Mata 2019 na Deus Gasana wabuze kuwa 3 Mata 2019.

Umunyamategeko Tegulle Gawaye yabwiye Chimpreports dukesha iyi nkuru kuri uyu wa mbere ko urukiko rwasabye ko aba Banyarwanda bafungurwa ariko inzego z’umutekano zikaba ntacyo zibikoraho.

Ati “ Ntitwavuga ko abakiriya bacu nta cyaha bafite, icyo dushaka ni iyubahirizwa ry’amategeko. Niba hari icyaha bakurikiranweho, nibagezwe mu rukiko niba atari ibyo, nibarekurwe.”

[penci_related_posts dis_pview=”no” dis_pdate=”no” title=”Izindi nkuru wasoma” background=”” border=”” thumbright=”no” number=”4″ style=”list” align=”none” withids=”” displayby=”recent_posts” orderby=”rand”]

Ibi bitangajwe nyuma y’aho Umucamanza mu Rukiko rw’Ikirenga rwa Uganda, Henritta Wolayo  kuwa 17 Mata 2019 atanze uburenganzira bufungura Eric Rugorotsi na  David Twahirwa ariko inzego z’umutekano zabyimye amatwi.

 

 

 

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *