GridArt_20260620_090605380_copy_1000x666

FARDC n’abambari bayo bakubitikiriye muri Minembwe bashakaga gufata

Sangiza iyi nkuru

Ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ku wa Gatanu ryahuriye n’uruva gusenya mu duce dukikije Centre ya Minembwe, biba ngombwa ko zisubira inyuma.

Izi ngabo zirangajwe imbere n’imitwe y’izidasanzwe zirimo ‘Hiboux’ na ‘Serpent Noirs, zari zasatiriye Minembwe ku buryo zaburaga ibilometero bigera kuri bitanu gusa ngo zinjire muri kariya gace gatuwe n’abanye-Congo bo mu bwoko bw’Abanyamulenge.

Ku wa Kane tariki ya 17 Kamena, FARDC biciye muri Lt. Reagan Mbuyi Kalonji uvugira ibikorwa byayo bya gisirikare muri Kivu y’Amajyepfo, yigambye ko ingabo zayo n’abazifasha ku rugamba barimo Wazalendo, Abarundi na FDLR bafashe Minembwe.

Amakuru BWIZA yamenye yemeza ko ku wa Gatanu FARDC n’abambari bayo basubijwe inyuma n’imitwe ya Twirwaneho na AFC/M23, nyuma yo kubona umusada w’ingabo zaturutse i Goma.

Mu ijoro ryo ku wa Kane ahagana saa 22:00 ni bwo umusada wageze muri kiriya gice cyo mu misozi miremire ya Uvira na Fizi, mbere y’uko AFC/M23 na Twirwaneho birukana mu bice birimo Ilundu, Bidegu, Gakenke no ku musozi w’ingenzi wa Ruhinamavi.

Col. Rugabo Fidèle uvugira ibikorwa bya gisirikare bya Twirwaneho muri iki gihe, ku wa Gatanu yahamirije BWIZA ko ingabo za Kinshasa nyuma yo gukubitwa zikambuka umugezi wa Lwiko, zerekeje ahitwa Mutunda

Yagize ati: “Ruhinamavi twari tubamaze iminsi tuyirwaniraho, tukabasubiza inyuma na bo bakadusubiza inyuma, ariko bari bagiye kumara hafi iminsi ibiri barafashe ako gasozi. Rero ntibarekeye aho ngaho bajomeje bagana mbere bafata n’aho bita Ilundu, ni ho twari tumaze iminsi turwanira.”

Ku byo kwirukana ingabo za Leta yagize ati: “Rero bibaye muri iki gitondo, bari bageze ku bilometero 5 na Centre ya Minembwe, mu ijoro ryacyeye ni ho aba-Hiboux bahageze babasha gufata agasozi bita kwa Buhimba.”

“Ariko twabyutse dushyira ku murongo ingabo zacu uyu munsi, igihe cya saa yine twabashije gukubita umwanzi tumukura muri ibyo bice, tumukura kwa Buhimba, tumukura kwa Harera, tumukura muri Ruhinamavi, tumukura mu Bidegu; ubu umwanzi wese tukaba tumaze kumwambutsa Lwiko yerekeza mu birindiro bye bya mbere aho bita za Mutunda.”

Rugabo yunzemo ko muri iriya mirwano hanafatiwemo ingabo nyinshi zo ku ruhande rwa Leta, zirimo FARDC, Wazalendo n’Abarundi.

BWIZA yamenye ko mu bafashwe harimo abasirikare bo mu mutwe wa Hiboux barenga 30 ndetse n’abancanshuro b’abazungu umunani.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *